skol
fortebet

Social Mula yatangaje igihe azakora ubukwe n’umukunzi we Nailla

Yanditswe: Tuesday 04, Sep 2018

Sponsored Ad

skol

Social Mula yavuze ko bitarenze imyaka 3 aribwo azakora ubukwe na n’umukunzi we Nailla.

Sponsored Ad

Umuhanzi nyarwanda Mugwaneza Lambert uzwi nka Social Mula ku izina ry’ubuhanzi yakomeje ku mubano we n’umukunzi we Uwase Nailla bamaze umwaka urenga babana nk’umugabo n’umugore aho yatangaje ko mu gihe kitarenze imyaka 5 azahita amurongora byemewe n’amategeko.

Yagize ati “ndi gusaba Imana ngo bibe vuba rwose, kuko ndabyifuza. Nanjye nifuza kuzerakana ibirori nkabyereka umubyeyi umwe nsigaranye. Sinavuga ngo igihe ni iki, ariko sinifuza ko byaba kera. Maze kugira imyaka 25 ndi hafi kuzuza 26 nifuza nibura kubukora mfite nka 30.”

Umwana Social Mula yabyaranye na Uwase Ngo akunda umuziki wa se n’uw’abandi bahanzi, ariko ngo haracyari kare ko yamenya niba nawe azaba umunyamuziki.

Ati “mbona akunda imiziki, n’indirimbo itarasohoka iyo yumvise ijwi ahita amenya ko ari njyewe. Ahubwo aranatoranya hari indirimbo akunda iyo ijemo ukabona imitekerereze ye irahindutse. Kuri ubu akunda indirimbo ya King James ‘Agatimatima’ n’iya Uncle Austin na Meddy.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa