Tanasha Donna ukundana na Diamond agiye gushyira hanze indirimbo ze esheshatu
Yanditswe: Thursday 14, Feb 2019
Umunyamakurukazi Tanasha Donna ukundana n’umuhanzi DiamondPlatnumz,yatangaje ko ahugiye muri studio ndetse mu minsi iri imbere agiye gushyira hanze indirimbo 6.
Tanasha yavuze ko amaze iminsi akora indirimbo mu buryo bw’amajwi ndetse mu minsi iri imbere agiye kuzishyira hanze.
Benshi mu bakunzi b’uyu mukobwa ufite uburanga, bavuze batebya ko nashyira hanze izi ndirimbo bizamufasha guhangana na Diamond mu ruhando rwa muzika.
Abinyujije kuri Instagram,Tanasha yavuze ko mu minsi mike arashyira hanze indirimbo ye yakoreye muri studio za Wasafi records.
Tanasha ari hafi kurushinga na Diamond mu bukwe bw’igitangaza butaramenyekana igihe buzabera ndetse bivugwa ko buzitabirwa n’abahanzi b’ibyamamare bazaturuka USA.
Ubutumwa Tanasha yasangije abakunzi be
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *