skol
fortebet

Tv1 ,Pamaco na RDB bari mu bahembwe kubera gutanga service nziza mu Rwanda

Yanditswe: Monday 08, Oct 2018

Sponsored Ad

skol

Kuwa wa Gatandatu tariki ya 6 Ukwakira 2018 nibwo hatanzwe ibihembo bizwi nka ‘Service Excellence Awards’ bihabwa ibigo bitandukanye bikorera mu Rwanda byahize ibindi mu gutanga serivisi nziza ku babagana.

Sponsored Ad

Ibi bihembo byatanzwe ku nshuro yaryo ya 3 aho ibirori byabereye muri Lemigo Hoteli aho byari byitabiriwe n’abantu b’ingeri zose harimo abikorera ku giti cyabo ndetse n’ibigo bya Leta.

Mugisha Emmanuel umuyobozi wa Kalisimbi Events ari nayo itegura itangwa ry’ibi bihembo, yashimiye ibigo byose byahatanaga uyu mwaka abasaba kutazasubira inyuma muri gahunda yo gutanga serivisi nziza ku bakiriya babo .
Yakomeje asobanura ko ibi bihembo byatangiye byitwa Smart award aho cyane bahembaga kampanyi zikoresha neza ikoranabuhanga ndetse baboneraho no guhita bayihindura izina bayita Service Excellence Award bagamije guhemba kampanyi zitanga Service nziza ku bakiriya bazo.

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) ushinzwe Ishami rya Serivisi, Nsabimana Emmanuel, yashimiye abateguye iki gikorwa avuga ko kigiye gukangura abantu bagakorana umwete.

Mu bahawe ibi bihembo byindashyikirwa harimo Korea Telecom Rw, Jordan Foundation, Richard Kwizera, Jackie Lumbasi, Rwanda Online, Athan Tashobya, Bucyana Godfrey n’abandi.

Mbere yuko hatangwa ibihembo ku bigo byahatanaga mu byiciro bitandukanye, habanje gutangwa ibihembo byo gushimira abantu babaye indashyikirwa mu buryo bwihariye babaha ibihembo byiswe ‘Special recognition’.

Dore uko ibigo byegukanye ibihembo :

Ikigo cyatanze serivisi nziza: KASHA

Inzu ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga y’umwaka: Awesomity lab

Ikigo cya leta cyatanze serivisi nziza: RDB

Ikigo cyahize ibindi mu gufasha mu ngendo (Best travel agency): Satguru

Restaurant/ coffee shop y’umwaka: Question Coffee

Ikigo cy’Itumanaho: Airtel-Tigo

Ikigo gitanga serivisi za internet: ISPA

Ikigo gifasha mu kohereza ubutumwa n’imizigo: DHL

Ikompanyi y’Indege yahize izindi: RwandAir

Ikigo gitwara ba Mukerarugendo: Nziza safaris

Televiziyo yahize izindi: TV1

Radiyo yahize izindi: Royal FM

Ikigo kiranguza cyahize ibindi: Magasin Faruki

Ikigo gikora graphic design: Smart design

Urubuga rwandika rwahize izindi: Umuseke

Urubuga abantu banyuraho bashaka akazi: Job in Rwanda

Ikigo gitanga amashanyarazi: REG

Social media brand of the year: TECNO mobile

Kompanyi y’umutekano ihiga izindi: ISCO

Ikinyamakuru gisohoka mu buryo bwanditse: INZOZI MAGAZINE

Kompanyi isohora impapuro yahize izindi: PAMACO
Agashya k’umwaka:
Eazy pay

Bar/Night club yahize izindi: Fouchisier (kwa Jules)

Urubuga rwo guhahiraho: E-GURIRO

Urubuga rwo kwamamarizaho ruhiga izindi: Kigali Vibe

Sosiyete igurisha ifatabuguzi rya televiziyo: STARTIMES

Kompanyi ivunja amafaranga cyangwa igafasha abantu kuyohereza mu mahanga: UNIMONI

Kompanyi ikora ibinyobwa yahize izindi: Skol Brewery LTD

Ishuri rikuru ryahize andi: UTB

Banki y’Umwaka: Equity Bank

Kompanyi y’ubwishingizi yahize izindi: Soras

Hoteli yo mu gihugu imbere yahize izindi: UBUMWE

Umuryango utegamiye kuri leta: JORDAN FOUNDATION

Inzu y’imideli yahize izindi: INZUKI Design

Igicuruzwa cyahize ibindi: WINNAZ

Hoteli mpuzamahanga y’umwaka: Marriott Hotel

Sitasiyo ya lisansi yahize izindi: ENGEN

Ikompanyi itwara abantu yahize izindi: Volcano

Uwahize abandi mu gukoresha neza Twitter

Umugore: Fiona Kamikazi

Umugabo: Eugene Anangwe


Umuyobozi wa Pamaco Printing ashyikirizwa igihembo nk’ikigo cyahize ibindi kuri serivisi nziza mu bisohora impapuro.







Mugisha Emmanuel umuyobozi wa Karisimbi Events ari nayo itanga ibi bihembo.


Umunyamakuru Eugene Anangwe wari uherekejwe n’umugore we, yahembwe nk’uwakoresheje neza Twitter mu bagabo.

Nsabimana Emmanuel umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) ushinzwe ishami rya Serivisi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa