skol
fortebet

Umuhanzi nyarwanda ufite inkomoko muri Congo ukorera umuziki we muri Finland yavuze ibiteye amatsiko ku ndirimbo ye Nshya[AMAFOTO]

Yanditswe: Wednesday 26, Jun 2019

Sponsored Ad

skol

Muzika nyarwanda yungutse umuhanzi mushya witwa Ben Benitoo uri kubarizwa mu gihugu cya Finland uhamya ko agiye gukora umuziki mu buryo bw’umwuga.

Sponsored Ad

Umuhanzi Ben Benitoo ufite inkomoko mu Rwanda,yavukiye mu gihugu cy’abaturanyi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo,avayo afite imyaka ine akurira mu Rwanda aho yanahize amashuri abanza n’ayisumbuye,gusa magingo aya ari kubarizwa mu gihugu cya Finland kubera impamvu z’akazi .

Benitoo watangiye gukora umuziki mu mwaka wa 2015 nyuma akaza kuwuhagarika kubera impamvu z’amashuri,yaduhishuriye ko agiye gushyira itafari rye ku rwego umuziki nyarwanda kuri ubu uriho mu rwego rwo kuwumenyekanisha n’iburayi ,yaboneyeho no kuduha indirimbo ye nshya yise ‘Baby njoo‘.

Benitoo yanavuze ko nyuma y’iyi ndirimbo yashyize hanze ikoze mu buryo bw’amajwi gusa, afite ibikorwa byinshi bitandukanye birimo no gufata amashusho y’iyi ndirimbo ndetse akarangiza izindi ndirimbo amaze gukoraho, yemeza ko zizashimisha abakunzi b’umuziki.

Akaba yasoje ashimira abantu batandukanye bakomeje kumutera ingabo mu bitugu barimo inshuti ze ,itangazamakuru ryo mu Rwanda abizeza ko nawe atazigera abicisha irungu kuko ngo ibyiza biri imbere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa