skol
fortebet

Umuhanzi w’umunyarwanda niwe ugiye guhagararira Afurika mu iserukiramuco rya ’World Culture Open 2017’

Yanditswe: Friday 10, Nov 2017

Sponsored Ad

skol

Umuhanzi ukomeye w’umunyarwanda ubimazemo igihe Jean Paul Samputu yatumiwe muri Koreya aho yitabiriye iserukiramuco rizwi nka " World Culture Open" akaba yagiye ahagarariye umugabane w’Afurika.
Uyu muhanzi wamaze kugera no muri kiriya gihugu azaba ari kumwe n’abandi bagera kuri 500 baturutse mu mpande zose z’isi.
Jean Paul Samputu umaze igihe akorera muzika ye mu Bwongereza yatangarije ikinyamakuru izubarirashe ko azaba ahagarariye umugabane w’Afurika ariko ko azaba ahahagaze nk’umunyarwanda (...)

Sponsored Ad

Umuhanzi ukomeye w’umunyarwanda ubimazemo igihe Jean Paul Samputu yatumiwe muri Koreya aho yitabiriye iserukiramuco rizwi nka " World Culture Open" akaba yagiye ahagarariye umugabane w’Afurika.

Uyu muhanzi wamaze kugera no muri kiriya gihugu azaba ari kumwe n’abandi bagera kuri 500 baturutse mu mpande zose z’isi.

Jean Paul Samputu umaze igihe akorera muzika ye mu Bwongereza yatangarije ikinyamakuru izubarirashe ko azaba ahagarariye umugabane w’Afurika ariko ko azaba ahahagaze nk’umunyarwanda ndetse bikanamenyekanisha igihugu cye.

Yagize ati " Nubwo mpagarariye Afurika ariko nturuka mu Rwanda. Abantu nimbabwira ko nturuka muri Afurika ariko mu Rwanda bizarushaho gutuma igihugu cyanjye barushaho kukimenya kuko ni nabyo bituma ndara ntaryamye.”

Iri serukiramuco rifite insanganyamatsiko igira iti "We are better together" Tugenekereje mu kinyarwanda bishatse kuvuga ngo "Tuba beza iyo turi kumwe"

Uyu muhanzi Jean Paul Samputu aheruka gukorana indirimbo na Jose Chameleone yitwa "True Love".

Twabibutsa kandi ko afite inshingano zo kuba Ambasadeli w’amahoro ku isi ndetse biteganyijwe ko azageza ijambo ry’ihumure ku bazitabira iri serukiramuco.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa