Umuhanzikazi Lydia Jasmine yavuze ku bivugwa ko atwite inda ya Eddy Kenzo
Yanditswe: Wednesday 25, Sep 2019
Umuhanzikazi ukomoka mu gihugu cya Uganda witwa Lydia Jazmine amaze iminsi ashinjwa ko atwite inda ya Eddy Kenzo ndetse ashyirwa mu majwi ko ariwe wamutandukanyije n’umugore we Rema Namakula,ibintu yahakanye yivuye inyuma.
Lydia Jazmine yavuze ko adatwite ndetse nta n’umubano yagiranye na Kenzo nubwo bamushinjaga ko yamutwaye umutima bigatuma umugore we Rema yisangira umuganga we ku byerekeye ubuzima bw’imyororokere.
Lydia Jazmine yagize ati “Ntabwo ntwite.Sinzi impamvu abantu bakomeza guhimba inkuru.Nindamuka ntwise muzabimenya.Gutwita ni ibintu utahisha.”
Eddy Kenzo ari mu gahinda kenshi nyuma yo kubengwa n’umugore we Rema aho mu minsi ishize aherutse gusaba abafana be ko bamusengera akabasha gutsinda iki kigeragezo gikomeye yahuye nacyo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *