Umuhanzikazi Oda Paccy yavuze ko abazamuteza ab’Isi azabimenya n’abazamutega isosi azarya imboga
Yanditswe: Wednesday 11, Sep 2019
Umuhanzikazi nyarwanda Uzamberumwana Pacifique uzwi nka Oda Paccy wamenyekaniye cyane mu Rwanda mu njyana ya Hip Hop yashyize hanze indirimbo nshya yise SIBO iri mu njyana ya Trap.
Oda Paccy umaze igihe atumvikana mu njyana yamenyekaniyeho ya Hip Hop cyangwa se Rap,yagarukanye indirimbo iri mu njyana ya Trap ari nayo njyana umuntu yahamya ko iri kugenda yigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki ku isi.
Indirimbo Oda Paccy yashyiriye hanze rimwe n’amashusho yayo,ikaba irimo imirapire idasanzwe y’uyu muhanzikazi,ibintu byatunguye abatari bake biyumvishaga ko adashobora kuba yarapa muri buriya buryo twavuga ko bugezweho mu njyana ya Hip Hop.
Muri iyi ndirimbo Oda Paccy aba avuga ko abantu bazamutega imitego akabimenya hanyuma nibagerageza guca iburyo we azaca ibumoso,yewe ngo ni banamutegera mu Isosi azarya imboga gusa.
Oda yavutse taliki 6 Werurwe 1990, avukira mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo, mu Gatsata. Ni impfura mu muryango w’abana babiri, akaba afite nyina umubyara gusa.
REBA HASI AMASHUSHO Y’INDIRIMBO NSHYA YA ODA PACCY:
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *