skol
fortebet

Umuhanzikazi Sandra Miraj wakubiswe na Nelly umugore wa Bull Dogg yagize icyo abivugaho aba ari nawe usaba imbabazi[AMAFOTO]

Yanditswe: Thursday 03, Jan 2019

Sponsored Ad

skol

Umuraperikazi Sandra Miraj aherutse gukozanyaho n’umugore wa Bull Dogg bapfa ko uyu mukobwa yabyinishije umugabo w’abandi, yabisabiye imbabazi.

Sponsored Ad

Sandra Miraj na Nelly, umugore wa Bull Dogg, barwanye mu gicuku cyo ku itariki ya 1 ishyira ku ya 2 Mutarama 2019 ubwo bari mu gitaramo cyo guha ikaze umuraperi Jay Polly wari uvuye mu buroko.

Ubwo Bull Dogg yari ku rubyiniro aririmba, mugenzi we Sandra Miraj yamusanzeyo amubyinisha asa n’umwegereye cyane umugore w’uyu muraperi wari hafi aho abibonye arasharirirwa cyane asatira Miraj bararwana.

Sandra Miraj yabandagaye hasi mu kabari ka Wakanda ari naho iki gitaramo cyabereye ahaguruka abifashijwemo n’abantu bari bamweregereye, wabonaga ku maso nta mbaraga afite, benshi bakaba baraketse ko yari yananijwe n’inzoga.

Uyu mukobwa yanditse kuri Instagram asaba imbabazi ku bw’iki gikorwa afata nk’ikigayitse mu maso y’abakibyiruka bamugwa mu ntege.

Yagize ati “Njyewe Sandra Miraj, nsabye imbabazi ku gikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku itariki ya 2 Mutarama 2019, ubwo nishimanaga n’inshuti akaba n’umuhanzi mugenzi wanjye ubwo yari ku rubyiniro aririmba. Ndabizi neza ko mwese muzi ibyabaye, ntabwo ari urugero rwiza kuri barumuna bacu na basaza bacu bato.”

“Nsabye imbabazi nkomeje kandi mbikuye ku ndiba y’umutima.”


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa