skol
fortebet

Umukobwa wa Apotre Masasu yanze ubusabe bwa Patient yakunze akamwirengagiza

Yanditswe: Friday 16, Feb 2018

Sponsored Ad

Uwamahoro Deborah umukobwa w’umuvugabutumwa Apotre Masasu yanze ubusabe bw’umuririmbyi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Patient Bizimana wamusabaga ko yamusura ku munsi w’abakundana uzwi nka St Valentin wabaye ku wa 14 Gashyantare,2018.
Patient wakunze kuvuga ko umukunzi ari Imana izamumwereka ubu noneho asa n’uwahishuye ko yakunze umukobwa wa Apotre Masasu mu ibanga rikomeye yahoranye kugeza arihishuye ku munsi hizihizwaga Mutagatifu Valentin.
Mu butumwa bwa Patient bwatanze (...)

Sponsored Ad

Uwamahoro Deborah umukobwa w’umuvugabutumwa Apotre Masasu yanze ubusabe bw’umuririmbyi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Patient Bizimana wamusabaga ko yamusura ku munsi w’abakundana uzwi nka St Valentin wabaye ku wa 14 Gashyantare,2018.

Patient wakunze kuvuga ko umukunzi ari Imana izamumwereka ubu noneho asa n’uwahishuye ko yakunze umukobwa wa Apotre Masasu mu ibanga rikomeye yahoranye kugeza arihishuye ku munsi hizihizwaga Mutagatifu Valentin.

Mu butumwa bwa Patient bwatanze ishusho y’uko Uwamahoro Deborah umwe mu bana b’umuvugabutumwa Masasu ashobora kuba yarakunze uyu muhanzi ariko akamwirengagiza mu buryo butamenywa na benshi.

Ibyo Patient yanditse byarebwa mu ndorerwamu y’uko yisibuyeho ashaka gukunda uyu mukobwa ariko nanone ibyo yasubijwe bishimangira ko agarutse igihe kirenze Deborah yaramaze kubona undi mukunzi avuga ko ari Yesu/Yezu.

Patient w’imyaka 30 y’amavuko yanditse ubutumwa asaba Deborah ko yamusura bakifatanya kwizihiza umunsi w’abakundana uzwi nka St Valentin, hejuru y’ibyo uyu muhanzi yahishuriye uyu mukobwa ko ari wenyine bisa n’ibosobanura ko nta mukunzi afite.

Bizimana yagize ati :”Kuri Deborah Masasu nkwifurije umunsi mwiza w’abakundana ‘St Valentin’, …ngwino ube uri kumwe nanjye twishimane, ..ndi ngenyine.”

Deborah nawe hashije amasaha make yahise asubiza Patient amubwira ko yamukunze mu bihe byatambutse ariko akamwirengagiza, yagaragaje agahinda yanatewe no kuba yarafashe umwanya wo gukunda Patient ariko akamwirengagiza mu buryo bukomeye.

Ati:” Kuri Patient Bizimana , ntiwanyanze se? ubu ndi kumwe n’inshuti)! igihe cyararenze... Ntiwantumiye hakiri kare […] si nkiri ngenyine , ubu mfite Yesu.”


Deborah umukobwa wa Apotre Josua Masasu, umuvugabutumwa uyobora amatorero ya Evangelical Restouration Church hano mu Rwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa