Umunyarwenya Gasumuni yasubije ikibazo cy’abibaza igihe azarongorera
Yanditswe: Tuesday 24, Apr 2018
Umunyarwenya Gasumuni cyangwa Atome yasubije abantu bose bamubaza igihe azashakira umugore abasubiza ko uyu mwaka agomba kurongora.
Ntarindwa Diogene uzwi nka Gasumuni cyangwa Atome ubusanzwe uzwi mu mikino yo gusetsa abantu binyuze mu biganiro akora yatangarije Radio Rwanda ko mu bibazo akunze ku bazwa n’Itangazamakuru akenshi bakomoza ku gihe gisigaye ngo ashake umugore , yasubije ko uyu mwaka agomba gukora ubukwe.
Yagize ati “Abantu bakunda kumbaza igihe nzashakira umugore , reka mbabwire ko uyu mwaka nzabona agacu “azarongora “
Twakwibutsa ko Ntarindwa Diogene kuri ubu afite imyaka 41 y’amavuko amaze iminsi agarutse mu Rwanda dore ko akubutse hanze y’igihugu aho aje mu bikorwa bitandukanye birimo gusetsa abantu abinyujije mu magambo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *