skol
fortebet

Umuraperi wo muri Uganda ’Navio’ yakoreye ubukwe muri Suède n’umukunzi we[AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 20, Jul 2019

Sponsored Ad

skol

Daniel Lubwama Kigozi umuraperi ukomeye cyane muri Uganda uzwi ku izina rya Navio, yasezeranye n’umukunzi we Matilda Nasimbwa bari bamaze igihe kinini mu rukundo mu muhango wabereye muri Suède.

Sponsored Ad

Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’igihe kinini bakundana. Umuhango w’ubukwe bwabo wabereye muri Suède ku wa 19 Nyakanga 2019 mu rusengero rwitwa Västlands Kyrka.

Uyu mukunzi wa Navio asanzwe atuye mu gihugu cya Suède. Navio na Matlida basanzwe bafitanye umwana umwe w’umuhungu witwa Kingdom Kigozi bibarutse muri Kanama 2017. Ni umwana wa gatatu wa Navio dore ko asanzwe afite abandi babiri yabyaranye n’abandi bagore.

Mu 2018 Navio yakoze ibirori byo gufata irembo mu muryango wa Matilda Nasimbwa Ibirori by’abo bombi byitabiriwe n’abantu bazwi mu myidagaduro i Kampala barimo Jose Chameleone n’umunyamideli Judith Heard.

Navio yamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Stuttering’ yahuriyemo n’umuririmbyi Fefe Dobson ukomoka muri Canada. Uyu muraperi yanakoze izindi ndirimbo zirimo ‘No Holding Back’, ‘Otyo’, n’izindi. Mu 2017 yakanyujijeho mu yitwa ‘Njogereza’ yakunzwe cyane mu 2017. .


Mu 2018 Navio yagiye gufata irembo iwabo w’umugore

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa