Weasel umugabo wa Teta Sandra yakubitiwe mu kabari nk’iz’akabwana ajyanwa kwa muganga avirirana azira gukorakora umugore w’abandi
Yanditswe: Tuesday 12, Nov 2019
Weasel yakubtiwe mu kabari kazwi cyane mu gace ka Bunga aho yari yagiye ari kumwe na manager we ndetse n’incuti ze 2, nyuma yo gukora ku mugore w’umugabo witwa Rodger.
Icyatumye Weasel akubitwa iz’akabwana ngo ni uko yakoze kuri uyu mugore nta ruhushya abiherewe n’umugabo we Roger.
Ngo nyuma yo kubona ibi, Furious Rodger yegereye Weasal maze amuhata amakofe. Nk’uko bigaragara mu mashusho yafashwe ubwo Weasal yakubitwaga, uyu mugabo ngo asa n’uwababaye bikomeye ndetse yanagaragaye arimo kuvirirana amaraso mu kiganza.
Weasel yahise yihutanwa kwa muganga kugirango ibikomere bye byitwabweho. Kugeza ubu ngo ntakirego kiratangwa kuri Polisi.
Twabibutsa ko uwo baririmbanaga ari we Radio na we yakubitiwe mu kabari nk’uku bikaza kumuviramo gupfa mu mwaka ushize wa 2018 abantu bakaba batangiye kwibaza ni uyu na we bitazamugendekera nk’uko byagendekeye mucutiwe Radio.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *