Wizkid yasomaniye ku rubyiniro rw’i Paris na Tiwa Savage
Yanditswe: Monday 28, Oct 2019
Abahanzi b’ibyamamare Wizkid na Tiwa Savage bose bafite inkomoko muri Nigeria basomaniye ku rubyiniro mu gitaramo bari bahuriyemo mu mugi wa Paris mu gihugu cy’Ubufaransa mu iserukiramuco rya Starboy Festival.
Ni mu mashusho yasakaye hirya no hino, aba bombi bagaragara bumiranye ubwo bari bataramiye Abafaransa ndetse baranasomana bishimisha abari bitabiriye iki gitaramo ari nako bahise batangira no gukwirakwiza ayo mashusho.
Tiwa Savage w’imyaka 39 yahobeye anasoma byimbitse umuhanzi Wizkid ukiri muto kuri we kuko afite 29, bisa n’ibihamya iby’urukundo rwakunze guhwihwiswa hagati y’aba bombi.
Wizkid na Tiwa Savage nubundi byavugwaga ko ari inshuti cyane, bagaragaye basomana ubwo baririmbaga indirimbo bakoranye yitwa “Malo”, maze abafana babo kuri twitter batangira kuvuga uko bafashe icyo gikorwa cyo gusomana cyabeye mu Burayi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *