skol
fortebet

Young Grace yagaragaje amarangamutima adasanzwe afitiye Mwiseneza wagenze urugendo rurerure agiye kwiyamamaza muri Miss Rwanda aho yemeye no kuzamucumbikira[AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 22, Dec 2018

Sponsored Ad

skol

Mwiseneza Josiane, umwe mu bakobwa bahataniye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu Ntara y’Uburengerazuba akaza no kugira amahirwe yo kuzaba umwe mu bazahagararira iyi ntara, akomeje kuvugisha abantu bidasanzwe, kuva yamenyekana avugwa kurusha irushanwa ahataniye mu gihe nta muntu numwe wamuhaga amahirwe.

Sponsored Ad

Mwiseneza Josiane n’inkumi y’imyaka 23, yasoje amashuri yisumbuye mu byerekeye icungamutungo mu mwaka wa 2017. Ubusanzwe akomoka muri Rutsiro, mu buryo bwo koroshya urugendo, yavuye iwabo ajya gucumbika ku Nyundo hafi y’ahabareye ijonjora mu Mujyi wa Rubavu.

Yabaye ikimenyabose ubwo tariki ya 16 Ukuboza 2018 kubera uburyo yakoze urugendo rurerure n’amaguru ajya ahabereye ijonjora.

Nubwo avugisha abantu mu buryo budasanzwe, Mwiseneza Josiane arashyigikiwe mu buryo bukomeye. Abantu batandukanye batangiye kumwemerera ubufasha nyuma y’uko bamenye ko atifashije bifatika.

Umuraperi ABAYIZERA Young Grace ni umwe mu biyemeje gushyigikira Mwiseneza Josiane kugeza irushanwa rirangiye.

Akaba yamaze gutanagariza itangazamakuru yiteguye kuzafasha uyu mukobwa kubona icumbi yagize ati “Njyewe Josiane naramwishimiye, kandi ndi umufana we.”

“Niteguye kumushyigikira mu buryo bwose bushoboka, ikindi arabikwiye, arabishoboye, kubera iki ataba Nyampinga.”

Young Grace yakomeje atangaza neza ko ubwiza nyakuri Atari ukwihindura uruhu Yongeyeho ati “Icya mbere arashoboye, afite ubwenge, afite uburanga kandi ubwiza ntabwo ari mukorogo gusa cyangwa umuntu w’inzobe, na we ni mwiza, kuri njyewe Josiane ni mwiza.”

Young Grace yavuze ko yashyigikiye Mwiseneza Josiane kuko baturuka mu gace kamwe mu Ntara y’Uburengerazuba bityo akaba yariyemeje kumuba inyuma kugeza irushanwa rirangiye.

Ati “Icya mbere duturuka ahantu hamwe, nabyo biri mu byatumye mushyigikira, ariko nakunze icyizere yigiriye […] Ntabwo biba byoroshye kwitabira irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda, kuba yaragiyemo ni uko yiyizeye.”

Uyu muraperi avuga ko atumva impamvu abantu batinda cyane kuri Josiane.

Ati “Kuba abantu bakomeza kumutindaho nkeka ko ari uko yaje n’amaguru, ntabwo ari ibintu bidasanzwe, wenda ni uko nta bushobozi yari afite ariko azabugira.”

Young Grace ngo azakira Mwiseneza Josiane, ndetse yamwemereye ko niba adafite umuryango i Kigali azamucumbikira ndetse akamwitaho bishoboka mu gihe azaba yaje kurushanwa ku rwego rw’igihugu.

Ati “Ndi mu bantu bazamwakira i Nyabugogo hariya, uwampa nomero ye nanjye ndi mu bantu bamwakira. Niba adafite umuryango i Kigali nzamwakira nk’umuntu wo mu rugo, niba adafite n’umuryango i Kigali azarara iwanjye, nzanamutwara mugeze aho irushanwa rizabera.”

Irushanwa rya Miss Rwanda ku rwego rw’igihugu ribera mu Mujyi wa Kigali, buri mukobwa yiyitaho haba kwishakira icumbi ndetse n’uburyo bwo kugera ahabera ijonjora buri wese yishakira ikinyabiziga kimutwara.

Ni muri urwo rwego Young Grace yiyemeje kuzafasha Josiane mu ngendo azakorera i Kigali umunsi azaza kurushanwa n’abakobwa bo mu ntara zose.

Ibitekerezo

  • woowow nukuri imotion ziramfashe pe,

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa