Alvaro Morata yatangaje ubugome bukomeye yakorewe na bamwe mu bakinnyi bakinannye muri Chelsea
Yanditswe: Friday 07, Jun 2019
Rutahizamu ukomoka muri Espagne Alvaro Morata yavuze ko bamwe mu bakinnyi bakinannye muri Chelsea aribo batumye asubira inyuma ku buryo bukomeye kuko ngo bangaga kumuha imipira iyo yabaga ahagaze imbere y’izamu.
Rutahizamu Alvaro Morata yavuze ko atazigera yibagirwa bamwe mu bakinnyi ba Chelsea FC bangaga kumuhereza umupira ngo atsinde bituma asubira inyuma cyane.
Yagize ati “Sinigeze numva nkunzwe mu ikipe no mu bafana.Natangiye neza muri Chelsea ariko imvune yatumye nsubira inyuma.Muri Chelsea, hari igihe cyageze bagenzi banjye uretse abo muri Espagne…Urabizi hari ubwo ukina ukaba ubizi neza ko hari umukinnyi waha umupira ntawukoreshe neza.Uwo muntu ntabwo umuha umupira.Uwakinnye umupira ibyo arabizi neza.Ndashaka kuguma muri Atletico ariko hari igihe Chelsea izangarura.Ninginze Atletico ngo tugumane.”
Morata wageze muri Chelsea mu mwaka wa 2017,yagaruye ubuyanja ubwo yatizwaga muri Atletico mu kwezi kwa mbere uyu mwaka,atsinda ibitego 6 mu mikino 17 ndetse abona umwanya wo gukina.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *