skol
fortebet

ShaddyBoo yahaye igitekerezo Sadate cy’uburyo yabona amafaranga yo gukemura ibibazo muri Rayon Sports

Yanditswe: Thursday 10, Sep 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Muri iyi minsi ikipe ya Rayon Sports irikuvugwaho ibibazo bijyanye n’ubukungu bwayo, aho yananiwe kwishyura ideni ry’uwahoze ari umutoza wayo Jacky Ivan Minnaert, benshi bibaza uko ibyo bibazo byakemurwa, umunyamideli Shaddyboo akaba nawe yagize icyo abivugaho..

Sponsored Ad

Si ubwa mbere Rayon Sports ivugwhao kunanirwa kwishyura abakozi (abatoza) ndetse n’abakinnyi bayo, ndetse n’uyu mwaka hari abakinnyi benshi bagiye bayivamo kubera ikibazo cy’ubukungu butifashe neza.

Umunyamideli akaba n’umudamu wamamaye cyane kuri Instagram, ShaddyBoo, yahisemo kwinjira muri iki kibazo agira inama iyi kipe ya Rayon Sports n’uburyo bakemura ibibazo by’amafaranga bafite.

Abinyujije kuri Twitter, ShaddyBoo yandikiye abafana ba Rayon Sports n’ubuyobozi bwayo agira ati :Igisubizo ku abafana ba Rayon na @SadateMunyakazi ,Mukore udupfukamunwa mushyireho na #sponsor muhe abafana batugure.
1*Abafana ntabwo bazongera kuvuga kuko iminwa izaba ipfutse .
2*Muzabona ayo guhemba abakinnyi , mu inyungu.
3* Muzandikeho #SHADDYBOO ku inkunga y’ibitekerezo.

Iki gitekerezo cya ShaddyBoo cyashimwe na bamwe mu bafana ba Rayon Sports, mu gihe abandi bakinenze bivuye inyuma.

Imfura ya Cyamunara
@Cyamumu

Ariko @RayonSports yagorwa mugeze aho umuntu nka @shaddyboo__92 udatekerez abagira inama

Ngayo👉 nguko.


😂😂ufite ubwenge bwinshi peee hafi ya ntabwo none x nibatavuga ikibazo kizakemuka gute ra
Uwo ni umubiri ukoshya
#umubiri ninkibumba

Ibitekerezo

  • Byubahirizwe kbsa wasanga Shaddy b yabirose

    Ibyo shaddyboo avuga nibyo ndabyemera 100%

    gewe ndumva aribyo kuko ari rayon yabona amafaranga kandi nashadiboo nawe akabona ibyo ashaka nimba arizina ashaka. Kuko ndumva arimaguhe kbs

    Ibyo avuga nibyo byabafasha mwikigihe cyibibazo kbs thxx shaddy boo

    Shadybo aradusuzuguye pe🤣🤣

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa