skol
fortebet

kimwe mu bidasanzwe byaranze umunsi wa 12 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda,warangiye nta kipe yakiriye ibashije kubona intsinzi

Yanditswe: Friday 06, Dec 2019

Sponsored Ad

skol

Umunsi wa 12 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda (RPL) wasojwe nta kipe yakiriye ibashije kubona intsinzi y’amanota atatu imbumbe. Bimwe mu bintu bidasanzwe byaranze uyu munsi.

Sponsored Ad

Umunsi wa 12 wa shampiyona wasojwe n’umukino wahuje Rayon Sports yari yakiriyemo Police FC zombi zikaba zanganyije 0-0.

Umunsi wa 12 watangiye kuwa kabiri aho Gicumbi yari yakiriyemo APR FC kuri stade Mumena urangira zigabanye amanota atatu nyuma yo kunganya igitego 1-1,

umukino wahuje Espoir FC na Etincelles FC ku i saa 13h00 ni wo wabimburiye imikino yo kuri uyu wa Gatatu aho washoje Espoir itsinzwe na Etincelles FC 2-3 yari yakiriye kuri Sitade ya Rusizi.

Iyindi mikino yabaye ku i saa 15h00 yasize amakipe yose yakiriye (ari mu rugo) yose adatahanye amanota atatu yuzuye.

Umukino wahuje SC Kiyovu yari yakiriye Marines FC yatsinzwe 1-2 kuri Sitade Mumena mu mukino watangiye ku i saa 15h00.

Mukura VS yari yakiriye Muhanga kuri Sitade ya Huye yatsinzwe 1-0 na AS Muhanga. Musanze FC yari yakiriye AS Kigali umukino warangiye amakipe agabanye amanota atatu kuko umukino wasoje ari igitego 1-1.

Umukino wa ’Derby’ wahuzaga amakipe yazamukanye Heroes FC yari yakiriye Gasogi United warangiye Gasogi itsinze 1-0.

Kuri Siade ya Gologota, Sunrise yari yakiriyemo Bugesera Fc naho byarangiye amakipe agabanye amanota atatu nyuma yo kunganya ibitego 2-2.

Umunsi wa 12 wasojwe na Rayon Sports yari yakiriye Police kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo aho nta kipe yabashije kubona igitego kuko warangiye ari 0-0

Uko Imikino yose y’umunsi wa 12 wa shampiyona yagenze

Gicumbi FC 1-1 APR FC
SC Kiyovu 1-2 Marines FC
Mukura VS 0-1 AS Muhanga
Rayon Sports FC 0-0 Police FC
Heroes FC 0-1 Gasogi United
Musanze FC 1-1 AS Kigali
Sunrise FC 2-2 Bugesera FC
Espoir FC 2-3 Etincelles FC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa