skol
fortebet

Gorilla FC nayo yaciye ikoma kuri Police FC imeze nabi

Yanditswe: Saturday 30, Mar 2024

featured-image

Sponsored Ad

Ikipe ya Gorilla FC yabonye amanota atatu y’ingenzi cyane mu rugamba rwo kuguma mu cyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-0 mu minota ya nyuma y’umukino.

Sponsored Ad

Mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium,Police FC yarangaye mu minota ya nyuma itakaza umukino.

Ku munota wa 82 nibwo Gorilla yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Iradukunda Darcy mu gihe Irakoze Darcy yashyizemo icya kabiri ku munota wa 86.

Gorilla FC yahise igera ku mwanya wa 12 n’amanota 26.

Iyi ni intsinzi ya mbere ya Gorilla FC nyuma y’imikino 11 (amarushanwa yose) , Gorilla yaherukaga gutsinda Kiyovu mu gikombe cy’amahoro tariki ya 17/1/2024.

Iyi intsinzi ya Gorilla irayifasha guhangana na Bugesera ikina na Etincelles mu gihe na Sunrise nayo bihataniye kuguma mu cyiciro cya mbere iza gukina na AS Kigali.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa