Imodoka yari ihitanye abantu muri Kigali Pele Stadium Imana ikinga ukuboko
Yanditswe: Saturday 30, Mar 2024
Imodoka y’Umunyamabanga wa Police FC,CIP Claudette Umutoni, yavuye muri Parking y’aba VIP, iramanuka iza muri Stade,inyuze mu karyango gato kari ruguru y’aho abafana bicara.
Ku bw’amahirwe iyi mpanuka nta muntu yishe, kuko abafana bari bacye cyane muri Stade.
Amakuru avuga ko iyi modoka yatunguye abari muri Stade iva aho yari iparitse nta muntu uyirimo niko kumanuka iza muri stade,igenda imanuka aho abafana bicara iragenda iparika hafi y’ikibuga.
Abazi neza Kigali Pele Stadium bazi igice cyayo cy’ibumodo gikunda kwicarwamo cyane n’abakinnyi cyagereye imyanya y’icyubahiro.
Kugira ngo uhinjire bigusaba kunyura aho baparika imodoka (parking), wanasohoka akaba ari ho unyura, iyo modoka rero ni ho yaturutse.
Iyi modoka bishoboka kuba yari iparitse nabi, yamanutse inyura muri uwo muryango yinjira muri Stade iragenda igera hasi hafi y’ikibuga ariko ntiyinjira mu kibuga kuko yahise igonga inkingi. Umuntu umwe ni we wakomeretse.
Ibi byabaye ku mukino wa Police FC na Gorilla FC.
IMPANUKA ITANGAJE MURI STADE KIGALI PELÉ ! IMODOKA NTAMUNTU YAGONZE : AHO NABIVUZE NTIMUBYITEHO .. UMUNTU WAGUYE , YAGUYE MURI ESCALIER AHUNGA IMODOKA !! 30-03-2024 12:43’🤯 pic.twitter.com/RIvwrXWVkQ
— Lorenzo MUSANGAMFURA (@ogalorenzo) March 30, 2024
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *