skol
fortebet

Dore ingaruka zo kuraza Telefone yawe ku muriro

Yanditswe: Monday 29, Apr 2024

featured-image

Sponsored Ad

Umubare munini wabantu batunze telefone usanga bakunda kuzicyomeka nijoro bagiye ku ryama, bakaziraza ku muriro, gusa abahanga babagira inama yo kubihagarika nk’uko tugiye kubigarukaho.

Sponsored Ad

Uku kuraza Telefone ku muriro byatewe ahanini n’uko zabaye nk’ibigirwamana kuri bamwe aho umuntu asigaye yumva atayishyira hasi kandi nyamara nta kintu imwinjiriza mu buzima busanzwe.

Abantu bose bagirwa inama yo kujya bashyira ku muriro Telefone zabo mbere yo kuryamana kugira ngo ejo bazabe bafite umuriro wo gukoresha umunsi wose aho kuyishyiraho baryamye kuko bigira ingaruka nk’uko byemejwe na Vincent Lachetta Umuyobozi wa Peppermonkey Media.

1.Byangiza Bateri yayo
Iyo umaze igihe uraza Telefone yawe ku muriro birayangiza ku rugero rukomeye ku buryo igihe yamaragamo umuriro na cyo kijya hasi cyane.

2.Bishobora gutwika ibintu
Kuba Telefone imaze igihe kirere isharije bituma ishyuha cyane nyuma ikaza kugira ibyo itwika by’umwihariko mu gihe umugozi washyushye.

3.Gukoresha umuriro mwinshi cyane
Mu gihe abantu bamaze kugira umuco, gushariza n’ijoro, bituma bakoresha umuriro mwinshi bitari ngombwa. Uyu mugabo twagarutseho haraguru, yasabye abantu bose kujya bamenya ko bakeneye gucomora Telefone zabo mu gihe zuzuye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa