skol
fortebet

Akari ku mutima wa Tity Brown nyuma yo kugirwa umwere

Yanditswe: Friday 10, Nov 2023

featured-image

Sponsored Ad

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Ishimwe Thierry, Titi Brown, wari ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure akamutera inda. Rwategetse ko ahita arekurwa nyuma y’imyaka ibiri ari muri gereza.

Sponsored Ad

Akimara kugirwa umwere,Tity Brown,yashimye Leta y’u Rwanda yamuhaye ubutabera ndetse n’Imana

Ku murongo wa telefoni Titi Brown yabwiye InyaRwanda dukesha iyi nkuru ati:" Uzi se sinakubeshya pe hano ndi mu byishimo kandi ndashimira Imana ko yabikoze. Rero ndashaka gushimira Imana, ndashimira Leta y’u Rwanda kuko mbonye ubutabera".

Urubanza rwa Titi Brown rwagarutsweho cyane mu bitangazamakuru kugeza ubwo Umuvugizi wungiririje wa guverinoma bwana Alain Mukurarinda yagize icyo aruvugaho ahantu hatandukanye.

Maitre wa Titi Brown yabwiye InyaRwanda ko umwanzuro w’urubanza yamaze kuwuhereza ku buyobozi bwa Gereza akaba ategereje kwerekezayo kuzana umukiriya we.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa