skol
fortebet

Barikwishyura akayabo ! Ibyo wamenya kuri Hoteli y’i Bujumbura The Ben n’umugore we bacumbitsemo

Yanditswe: Thursday 28, Sep 2023

featured-image

Sponsored Ad

Ku wa 28 Nzeri 2023, nibwo The Ben yageze i Bujumbura ari kumwe n’umugore we Uwicyeza Pamella ndetse na benshi mu bagize itsinda riri kumufasha aho yeretswe urukundo rukomeye.

Sponsored Ad

Nyuma yo kugera ku kibuga cy’indege akakiranwa urugwiro n’itsinda ry’ababyinnyi yari yateguriwe ndetse n’itangazamakuru, The Ben yahise atangira gutemberezwa Umujyi wa Bujumbura.

Nyuma yo gutemberezwa Umujyi wa Bujumbura akerekwa ibyiza biwutatse, yahise ajyanwa kuri hoteli acumbitsemo.

Uyu muhanzi yahawe icyumba cyagenewe abanyacyubahiro ‘Presidential prestige suite’ muri hoteli iri mu zikomeye i Bujumbura ‘Olivia Hotel’, yahoze yitwa ‘BelAir residence hotel’ mbere y’uko ihindurirwa izina.

Iki cyumba cy’abanyacyubahiro muri iyi hoteli iherereye ahitwa mu Kiriri (agace gatuwe n’abakomeye ari naho perezida wa Repubulika atuye) ukirayemo ijoro rimwe aba yishyuye 2500$ (hafi miliyoni 3Frw).

The Ben ategerejwe mu gitaramo azahuriramo na Big Fizzo na Sat B b’i Burundi, DJ Diallo, DJ Lamper, Bushali, Babo na Shemi bazaturuka i Kigali na Romy Jons usanzwe ari DJ wa Diamond hakiyongeraho Lino G, umusore uri kuzamuka neza mu muziki w’i Burundi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa