skol
fortebet

Lupita Nyong’o yasimbuje umukunzi we baheruka gutandukana injangwe

Yanditswe: Monday 30, Oct 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umukinnyi wa filime Lupita Nyong’o ari gusabana n’injangwe aherutse gucirira ndetse ngo iri kumumara irungu yatewe n’umukunzi we.

Sponsored Ad

Lupita yavuze ko atigeze aba umuntu ukunda inyamanswa, ariko mu minsi yashize yishatsemo ubutwari bwo kugerageza gutunga imwe nyuma y’uko inshuti ye imufashe ukuboko ikamujyana kuzisura.

Lupita yanditse ati "kwerekana mugenzi wanjye mushya, Yoyo!.

Mu mateka natinyaga injangwe, ariko igihe ubuzima bwanjye bwahindukaga vuba aha, ijwi rito ryanyongoreye ko igihe kigeze cyo kwakira impinduka n’ibishoboka bishya.

Noneho rero, inshuti yanjye yamfashe ukuboko muri iyo nzira injyana gusura aho inyamaswa zororerwa. Nahasanze Yoyo kandi iminsi 3 muri yo, numvise ko ntashobora kumutererana. "

Ku bwe, Yoyo yarangije kurokora ubuzima bwe, cyane cyane ko ubu irimo gukira.

Sinigeze numva ukuntu abantu telefone zabo zuzuye amafoto na videwo by’imbwa zabo - ubu ndi umwe muri abo bantu! Bishobora kumvikana ko nakijije Yoyo, ariko mu by’ukuri, Yoyo niyo yankijije."

Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe iki cyamamare muri Hollywood cyavukiye muri Kenya gitangaje ko cyatandukanye n’umukunzi wacyo wo muri Afrika y’epfo, Selema Masekela.

Lupita yavuze ko gutandukana kwabo kwatewe no kumuca inyuma.

Yanditse kuri Instagram ati: "Nisanze mu gihe kibabaza umutima kubera urukundo rubabaje rwuzuye ubuhemu."

Lupita yari yerekanye Masekela nk’umukunzi we mu Kuboza 2022, ariko nyuma y’amezi 10 atangaza ko atagishoboye kumwizera, kandi ashaka ko isi ibimenya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa