skol
fortebet

Nyiramana wamenyekanye muri filimi Seburikoko yahitanwe n’uburwayi

Yanditswe: Saturday 02, Sep 2023

featured-image

Sponsored Ad

Nyakubyara Chantal uzwi nka Nyiramana muri Filime ‘Seburikoko’ yahitanwe n’uburwayi bivugwa ko yari amaranye iminsi.

Sponsored Ad

Biravugwa ko Nyiramana yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 2 Nzeri 2023, azize uburwayi yari amaranye igihe.

Nyiramana yamenyekanye cyane muri Filime ya Seburikoko, icyakora yanyuze mu zindi zirimo iyitwa ‘I Kigali si ikigoma’.

Avuga uko yinjiye muri Seburikoko, Nyiramana, yigeze kuvuga ko yabifashijwemo na Niyitegeka Gratien uzwi nka Papa Sava cyangwa se Seburikoko.

Ati “Seburikoko yari asanzwe anzi kuko twakinanye muri ‘Zirara zishya’, rero ubwo bampitagamo byaranyoroheye kuko twari dusanzwe tuziranye.”

Nyiramana ni umwe mu bakinnyi b’imena bamamaye muri Filime ‘Seburikoko’ iri mu zifite izina rikomeye mu ruganda rwa Sinema y’u Rwanda. Uyu mugore yitabye Imana asize abana babiri.

Ibitekerezo

  • Ruhukira mumahoro nyiramana wacu!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa