Iyi ni imwe mu mabaruwa y’ urukundo arimo amagambo meza nk’ uko yanditswe n’ umusaza Bob Phillips w’imyaka 87 y’amavuko ayandikiye umufasha we Gail mu gihe bari bizihije isabukuru y’imyaka 61 babana,Bob akaba yanditse iyi baruwa kugira ngo agire umunsi mwiza n’umukunzi we,Nawe isomere ubundi wumve iby’abasaza basazanye urukundo.
Umusaza Bob n’umufasha we Gail
Mukundwa Gail,
Mpora ndeba amafoto yo mu binyamakuru bitandukanye nshakisha niba hari cyangwa hazabaho uw’igikundiro nkawe,ibi nabitangiye kuva ku italiki 27 Kamena 1953,kugeza ubu,ariko namaze kubona igisubizo,Ntawe kandi nta nuzabaho iwajye uzigera agira urukundo nku rwawe,kuko mu bukwe bwacu wagaragaraga mu yindi shusho nziza ntigeze mbona mu buzima bwajye kugeza nanubu ntarabonana undi,kandi ikigaragara cy’ukuri nuko na nubu ariko ukiri.
Isabukuru nziza buryohe bw’umutima wajye,wandemeye ibyishimo kandi nanubu nkifite kubera wowe,ndetse wangize n’umugabo w’icyubahiro buri umwe wese atapfa kuba,nakwifuza ko unyemereye twakongera tugasezerana bundi bushya,kandi ndizera ko no mwijuru tuzakomerezayo ubundi buzima jye nawe.
Yari ugukunda by’ukuri kandi uhora akwifuriza n’umunezero w’iteka Bob Phillips.
Ngayo nguko ibaruwa itomaguye y’umusaza Bob yandikiye umufasha we bamaranye imyaka 61 yose babana.
ARAMUKUNDA URUKU
NDORURUTA BYOSE
ARAMUKUNDA URUKU
NDORURUTA BYOSE
Mana yanjye mbega byizaaa
hhhhh,uwasubiziminsi inyuma tukongera kwiberaho nkakera
ibi ni ibyigikundiro!uyu musaza si nkabubu bamara amezi 2barangije kubona ibindi bizungerezi!