Print

Bugesera:Umugabo yagiye kwiba imyumbati aguma yunamye mu gihe cy’amasaha 7 kubera uruhereko

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 23 June 2017 Yasuwe: 7707

Mu karere ka Bugesera ho mu ntara y’iburasirazuba mu murenge wa Nyamata, umugabo uri mu kigero cy’imyaka 25 na 30 y’amavuko yamaze amasha hafi arindwi ari ku giti cy’imyumbati yari yagiye kwiba yitwaje isuka yo gucukura.

Kuva saa cyenda z’ijoro kugeza ku isaha ya saa sita ubwo TV 1 ducyesha iyi nkuru yavaga ahabereye iyo nkuru, uyu mugabo yari akiri kuri icyo giti cy’imyumbati. Yumvikanaga mu ijwi ry’umuntu unaniwe ari nako yitsa imitima cyane.

Ngo yari kumwe na mugenzi we wari wamuherekeje kwiba imyumbati ariko ngo uyu yaje kubona mugenzi we afashwe ahita yiruka.

Yakubise hasi isuhuka hafi y’umwumbati ashaka gucukura kuva ubwo kugeza mu gitondo ubwo abantu bahuraraga baje kureba yari akiryamye kuri icyo giti.

Nyir’umurima yavuze ko uwafashwe atariwe yashakaga gufata. Aho yagize ati :”Uyu nguyu siwe nashakaga gufata mwese murebereho….Ibi byose mbikoze kugirango amazimwe ashire.Nzabashyira hariya buri wese abarebe.”

Rurangirwa Wilson uzwi ku izina rya Salome ari nawe washyize uruhereko muri uyu murima yasobanuye uko yashyize uyu muti mu murima we. Ati :”Umuturage iyo aje akangeraho akambwira ko afite ikibazo muhereza nimero nkamubwira naho kuyitega…Uyu nguyu rero byageze saa cyenda mbona ibimenyetso binyereka ko hari icyabaye kuri wa muntu nahawe umuti..Nibwo namuhamagaye mubwira ko ajya kureba mu murima we, hari nka saa cyenda na myakubiri n’itanu.”

Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Nyamata bavuze ko ibyo uyu mugabo yakoze byatumye bica ubujuru kandi ko abafashije uwo muti yawubaha.Ngo abajura barabarembeje kuburyo ibyakozwe babishimye ngo yaba ibitoki ndetse n’imyumbati barabyiba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa, Rurangirwa Fred yavuze ko ibyakozwe na nyir’umurima bidakwiye kuko yihaniye. Ngo inzego z’umutekano zatangiye gukurikirana uyu mugabo wari waje kwiba ndetse n’uyu wateze uruhereko mu murima we.

Ati :”Twabimenye, tumanukayo n’inzego z’umutekano kugerayo twasanze uyu muturage ari ku giti cy’imyumbati tubuza abaturage kumukoraho....Twabajije nyir’umurima aturangira umuganga wadufasha kugirango uwo muturage ave ku giti cy’umwumbati.”

Ibi bibaye nyuma y’uko mu karere ka Gasaba kuri uyu wa Gatatu, umusaza witwa Ngutuyi yashyize uruhereko mu murima, umusore uri mu kigero cy’imyaka 28 y’amavuko agafatirwa ku gitoki yari yagiye kwiba kugeza mu rukerera.

Kugeza ubu, Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyamata mu Bugesera n’abapolisi bafatanije nabwo mu guta muri yombi umuhinzi wateze uruhereko mu myumbati n’umuganga warumuhaye rukabafatira igisambo cyakuraga imyumbati kitahinze.


Comments

Pr Asiimwe Rogers 26 June 2017

Arikose ibib’ibaho abantu bagikoresha izindi mbaraga kobahari Ehhhh!!! urabona ukuntu y’unamye nabandi bare bereho


Asiimwe 26 June 2017

Ndashima inzego zumutekano,mbaza ikibaza kuki mushyigikira abajura?Niba umuntu yarihingiye undi akaza gusarura ibyo atahinze ari wowe wakora iki?Inzego zumutekano namwe sinzi abobantu mura babaza iki?harubwo bihaniye se nshuti Namwe nimugire icyo muvugaho.


Asiimwe 26 June 2017

Ndashima inzego zumutekano,mbaza ikibaza kuki mushyigikira abajura?Niba umuntu yarihingiye undi akaza gusarura ibyo atahinze ari wowe wakora iki?Inzego zumutekano namwe sinzi abobantu mura babaza iki?harubwo bihaniye se nshuti Namwe nimugire icyo muvugaho.


gqg 26 June 2017

Uwo muti bawugeze no muri KIGALI duhereke abajura barara bacukura amazu, bakiba za VIDEO; TELEVISIYO N’amaradiyo. Ngo ni ukwihanira, none se ko POLISI byayicanze, tugomba kwirwanaho.


Brenda 25 June 2017

Njye uwafashe umujura ntacyo mushinja.yanagabanirije akazi inzego zumutekano,ngo baperereza,bagenza ibyaha.hhhhh yabyoroheje.nabandi barebereho.uruzi ngo mvunwe nisuka rubanda bisarurire.


Karinganire Eugene 25 June 2017

Aliko koko izi nkuru z’ibinyoma muzandikira iki?

Ibi ni ibintu nyamara bisanzwe bizwi ko aba bakora ibi baba kw’ISIRI hagati ya Nyirumurima n’iyo ngirwa-gisambo.!!!

Cyangwa mujye mwerura muvuge ko ali URWENYA!!! Hahahaaha!!!!!!!


berch 25 June 2017

nabo ba Police babahe kuruhereko bareke kubeshya rubanda, nanjye mumundangire uwo ufite uruhereko bandembeje rwose.


Emmanuel 25 June 2017

Andika Igitekerezo Hanooya abihaye intego yo kumara utwarubanda akabo kashobotse.


Emmanuel 25 June 2017

Andika Igitekerezo Hanooya abihaye intego yo kumara utwarubanda akabo kashobotse.


Mimi 25 June 2017

Nonese yihaniye gute harubwo yamukubise? Ahubwo yafashe umujura


BAGOSORA Bertin 24 June 2017

Ariko njyewe abantu baransensa NGO batangiye iperereza da! Ko batarikoze imyumbati yibwe? Ubundi se iyo Police ihagera ibiba byabaye ninde muturage uzemerako abana be bicwa ninzara kandi yarahinze? Ahubwo nabandi nibabishyiremo maze abamenyeye kwiba akabo gashoboke!


Damascene 24 June 2017

Leta nahane uwo murozi kuko ejo hazaza utanga umuti ibintu bido gere urwanda narwo arihuriro byinkozi zibibi ese muzi uwo muntu azabiki. nibandi duhura nabo biruka imihanda cg batemana bihorera nibindi kwibwa birababaza ariko guhana harabishinje kandi bigakorwa mumucyo .leta nibahane tugendera kumategeko


Mahoro 24 June 2017

Ariko hari abantu bapinga koko! Wowe uvuga ko ari ibinyoma jya mu rutoki rwa ngutiya hariya kuri yanzi byibura umwibe umwanana urebe ko utarurarira bukagukeraho utanaraye iwawe!!!!!! Gerageza!!!


Mahoro 24 June 2017

Abashakashatsi begere uyu muganga bige byimbitse uko ahereka


Mahoro 24 June 2017

Abashakashatsi begere uyu muganga bige byimbitse uko ahereka


Murwanashyaka oscar 24 June 2017

Abagura ndabona isi yababihiye tuuu


Murwanashyaka oscar 24 June 2017

Abagura ndabona isi yababihiye tuuu


kanzayire nadine 24 June 2017

Andika Igitekerezo Hano
abajura bacitse urukiko rwabura akazi ni bafungure nyirumurima nuwatanze umuti ahubwo uwamuganga leta ibimufashemo ahaaaaaa
azamunabo???????? (babura akazi abashska kurya ibyo batakoreye uwo mugabo reta idufashe iduhe nambaze


kanzayire nadine 24 June 2017

Andika Igitekerezo Hano
abajura bacitse urukiko rwabura akazi ni bafungure nyirumurima nuwatanze umuti ahubwo uwamuganga leta ibimufashemo ahaaaaaa
azamunabo???????? (babura akazi abashska kurya ibyo batakoreye uwo mugabo reta idufashe iduhe nambaze


vava 24 June 2017

munshake mbarangire sha ibyo barikwivugisha ngo bafunze nyirumurima nuwo muvuzi baribeshya nonese nigute umuntu azarya ibyo ataruhiye nibafate umujura si non baba bahawe uburenganzira busesuye bwa kujya biba.


NTAWIHA 24 June 2017

Andika Igitekerezo Hano NGAHODA? UMUNTUYARIVUMBURIYE NONE NIYO MPAMVU MUSHYIGIRA AMAFUTI NIMUBAREKURE IYO BASHAKA BARI KUMUTSINDAHO? IYO TIGE NTAZAYIBAGIRWA?


Donatien 24 June 2017

Umuvuzi ararengana,umuhinzi ararengana,bafate igisambo cyabo bajye kugikanira! Niba rero biyemeje gufata uwatanze umuti, abakora CAMERA zifata ibisambo nabo bafatwe!


Melia 24 June 2017

Ndabona ari ukubeshya baba babipaanze kugirango bakange abajura..


el 24 June 2017

Ubu se no gufata umujura nibyo bihindutse icyaha?Ago kubaza umujura icyo yashakaga mu murima w’abandi hafashwe nyir’ukwibwa?Ubwo SE yihaniye ate?Yamukubise SE yamututse se?, Noneho abajura bahawe rugari NGO bakore icyo bashatse nta kibazo?Ndumiwe pe ibi in uguca integer abahinzi no gutiza umurindi abajura


Rwema 24 June 2017

Ubu muganga ahubwo arimo korohereza ubutabera akazi! Njye mbona yarenganye kuko yagaragaje igisambo! Uwo muhinzi aruta bamwe bafata ibisambo bakabyica! Aho kugikubita ngo acyice ahubwo we yagishize kukarubanda! Uyu muturage ni uwo gushimwa!
Abubwo bampe numero ze nanjye ibisambo byaranzengereje singisarura igitoke na kimwe!

Ikinyamakuru umuryango mubishoboye mwaduha numero ze!(Uwo muvuzi utanga imiti)

Police rwose ikwiye kurekura uwo nyiri umurima n’ umuganga wamuhaye umuti ahubwo ikabaha ishimwe!


Rwema 24 June 2017

Ubu muganga ahubwo arimo korohereza ubutabera akazi! Njye mbona yarenganye kuko yagaragaje igisambo! Uwo muhinzi aruta bamwe bafata ibisambo bakabyica! Aho kugikubita ngo acyice ahubwo we yagishize kukarubanda! Uyu muturage ni uwo gushimwa!
Abubwo bampe numero ze nanjye ibisambo byaranzengereje singisarura igitoke na kimwe!

Ikinyamakuru umuryango mubishoboye mwaduha numero ze!(Uwo muvuzi utanga imiti)

Police rwose ikwiye kurekura uwo nyiri umurima n’ umuganga wamuhaye umuti ahubwo ikabaha ishimwe!


Nsanzubukire 24 June 2017

Nukuri abajura nibabafate murubwo buryo kuko nubwo dutanga amafranga y Umutekano ntabwo mwarinda imirima yose
Kandi gusarura aho utahinze nibibi gutegereza abandi bararushye ukaza gusarura
Nonese ingamba za polisi naba gitifu zo kuturindira imyaka nizihe ngo abaturage dutekane????
Ntabwo ari ukwihanira ahubwo nukwirwanaho no kugaragaza ibisambo bikanamenyekana aho bituye bikanahabwa akato
Ndumva niba umuntu yararembejwe nabajura akagira amahirwe yo kubona uruhereko numuganga ukaze akikangarira abanyoni mwabarekura ahubwo mukihaniza sbajura nabononnyi bafite ingeso mbi


Kuri 24 June 2017

Buriya umujura ahinduye imvugo ati gitifu niwe wari wantumye buriya gitifu ntiyahindura imvugo
ahubwo iyo miti nibayikwize hose


Pascal 24 June 2017

Ariko hari ibintu bibabaje,Police ishinzwe gufata ibisambo byarayînaniye none umuhinzi wari wararembejwe n’abajura yabonye ukuntu abifatira ,bitamugoye none ngo nafatwe?
Ariko se ubwo butabera burihe?ahubwo Police n’ishake abo batanga imiti ikorane nabo,kuko bo byabananiye gucyemura icyibazo cy’abajura.


bravo 24 June 2017

Uyu nyir’umurima n’uwatanze umuti bararengana. Ariko Uzi kurya ibyo utaruhanye! Birababaza.Kandi abajura barakabije pe!


Van.damme 23 June 2017

Mwaramutse ariko ibyiyisi ni hatari umujura arafashwe ntibasanze umuti bateze abiba mumirima yabandi wenda wamwishe cg harubundi bumuga wamuteye barangizango itegeko rirahana nyirumurima nuwatanze umuti rwose umujura mumusigarane mureke gushigikira umuco wokudahana Ahubwo iyo uwo utanga uwomuti aduha phon ziwe ubundi abo bashaka kurya ibyo batakoreye babizinukwe burundu


Van.damme 23 June 2017

Mwaramutse ariko ibyiyisi ni hatari umujura arafashwe ntibasanze umuti bateze abiba mumirima yabandi wenda wamwishe cg harubundi bumuga wamuteye barangizango itegeko rirahana nyirumurima nuwatanze umuti rwose umujura mumusigarane mureke gushigikira umuco wokudahana Ahubwo iyo uwo utanga uwomuti aduha phon ziwe ubundi abo bashaka kurya ibyo batakoreye babizinukwe burundu


kato 23 June 2017

Ese uru ruhereko barushyize n aho amaboko y ibifi binini akabakaba ra?


castro 23 June 2017

Ni dange uyu nyirumurima numuhatari uyu mutiwe muzatubarize ibiciro byawo


Kamina 23 June 2017

Ahubwo police nifatireho igirane amasezerano y’ubufatanye n’uwo muganga mu guhashya ubujura aho kumuta muri yombi.None se yakoze iki? Icyaha kimuhama ni iki? Gufata umuntu wakwibye se ukamushyikiriza inzego zibishinzwe birahanwa?


hussein 23 June 2017

Nicyo cyabashobora peeee! Eeeee bihangane nibakore bakure intiki mu mifuka


emmanuel 23 June 2017

Ubuyobozi bwananiwe gukemura ikibazo none abantunibirwanaho ngobihaniye nonono ahubwo abobafite uwomuti bafashe Leta gufata ibifibinini byiba igihugu.


fkaaa 23 June 2017

reta nikomeza kurebera ibibinu biraza kuzana amakimbirane kko ntamunu wemewe kwihanira kd ibi byose ninzara dufite irikubitera


Nzikurinda Oda 23 June 2017

Ariko se uyu muhinzi arahanirwa iki KO atamukubise ntanamuteme kuba uagaragaje igisambo nibyo azira? Nanjye bandangire uyu muganga rwose nishyirire mû rutoki rwanjye