Print

Barafinda yavuze uwo aha amahirwe yo kuzatorerwa kuyobora u Rwanda

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 8 July 2017 Yasuwe: 14613

Barafinda Ssekikubo Fred utabonetse mu bakandida bazahatanira umwanya w’ umukuru w’ igihugu mu matora ateganyijwe muri Kanama 2017 yavuze ko ariwe wenyine washoboraga kuzatsinda H.E Paul Kagame yongeraho ko ariwe aha amahirwe yo kuzatorwa.

Barafinda yatangarije Umuryango ko kuba atagaragaye ku rutonde ntakuka rw’ abemerewe kwiyamamaza yabyakiriye gusa avuga ko ari igihombo ku banyarwanda.

Yagize ati “Niba koko ntariho ndabyakiriye, gusa Abanyarwanda bahombye umunyapolitiki w’ akataraboneka ufite impamvu nziza nyinshi 200”

Barafinda yavuze ko ari wenyine ufite ubushobozi bwo kuba yatsinda HE Paul Kagame mu matora. Ngo yari afite gahunda y’ uko azatsinda amatora hanyuma agaha Kagame umwanya w’ umuyobozi mukuru wa Sena y’ u Rwanda ndetse akanamugira visi Perezida.

Uyu mugabo yakomeje avuga ko nubwo atabonetse ku rutonde rw’ abemerewe kwiyamamaza bitazamubuza gukomeza ibikorwa bye bya politiki.

Yagize ati “Mfite impamvu nziza nyinshi zirenga 200 ngomba kugeza ku Banyarwanda n’ impamvu ibihumbi 2000 ngomba kugeza kuri Afurika ntabwo ntabwo ndibuhagarike politiki ndayikomeza”

Barafinda avuga ko ashaka ko bazabaho Afurika yunze ubumwe ya Kabili. Akavuga ko Afurika yunze ubumwe ya mbere yabayeho mbere y’ uko abakoroni bagera muri Afurika.

Barafinda afite abana 10 barimo uwitwa Barafinda Rwa n’ uwitwa Rwa barafinda. Izi RWA ngo zisobanurwa u Rwanda. Afite imyaka 47 y’ amavuko, atuye I Kanombe mu mujyi wa Kigali.


Comments

Byuka 11 July 2017

Barafinda azahabwe igihembo cy’imyitwarire na nec. Ni psychologue bien. Ndamutumiye mumatora ataha


tuyishime 10 July 2017

uyu mutipe kbs akwiye gukora itsinda na ba Rutura


tuyishime 10 July 2017

uyu mutipe kbs akwiye gukora itsinda na ba Rutura


10 July 2017

Barafinda ndamuzi, arasetsa, ariko ntabwo yaba Umuyobozi wigihugu peeee.
Ndamuzi King David Academy


Eric 10 July 2017

Nkuko yarafite gahunda yo guteza imbere abanyarwanda kuba atabonetse ku rutonde ntibyamubuza gutanga izompinduka Mu iterambere, doreko abanyarwanda natwe turangamiye icyaduteza imbere.


Eric 10 July 2017

Nkuko yarafite gahunda yo guteza imbere abanyarwanda kuba atabonetse ku rutonde ntibyamubuza gutanga izompinduka Mu iterambere, doreko abanyarwanda natwe turangamiye icyaduteza imbere.


kiki 9 July 2017

Hahahaha barafinda jyewe namwise stress manager ,kuko amara stress .kabisa


kiki 9 July 2017

Hahahaha barafinda jyewe namwise stress manager ,kuko amara stress .kabisa


kiki 9 July 2017

Hahahaha barafinda jyewe namwise stress manager ,kuko amara stress .kabisa


erick 9 July 2017

nimure named present wurwanda witwa barafinda!!!hahahahaha!


jesus 9 July 2017

sha barafinda ntamuntu numwe utaramukunze kuko ntajya avuga amagambo mabi, ubutaha niyiyamamaza tuzamutora, hhhhh


karanganwa 9 July 2017

kabisa nanjye arashimisha pe nukuri ndagukunda arasetsa


tity 9 July 2017

uyu mutipe ntaribye p afite displine nta sesereza kd urabona ko abayemeye ibyavuye mo


Kelly 9 July 2017

Barafinda ararenze nari kuzamutora Hahahahhh


Kelly 9 July 2017

Barafinda ararenze nari kuzamutora Hahahahhh


Nyagatare city 9 July 2017

Sha Nukuri barafinda yabuze ku rutonde rwabemerewe ndababara. mu kwiyamamaza yari kuzanyisekereza gusa numwana mwiza disi kuko we mu gusinyisha nta manyanga yazanyemo nkaba Diane bavuga ko basinyiwe nabantu bapfuye. gusa barafinda bazamushakire umwanya muri government Nukuri.


Nyagatare city 9 July 2017

Sha Nukuri barafinda yabuze ku rutonde rwabemerewe ndababara. mu kwiyamamaza yari kuzanyisekereza gusa numwana mwiza disi kuko we mu gusinyisha nta manyanga yazanyemo nkaba Diane bavuga ko basinyiwe nabantu bapfuye. gusa barafinda bazamushakire umwanya muri government Nukuri.


Yvan 8 July 2017

Duhombye barafinda pe hhh gusa ntakundi, yiyamamaze nokubu comedian kbs


Umusomyi 8 July 2017

Umva nanjye Barafinda andwaza imbavu kubera kunsetsa. Ni umunyamahoro kdi ntagira uwo akomeretsa. Yaranshimishije pe. Nubu ndi guseka ndi njyenyine, natembagaye


nyandwi valens 8 July 2017

barafinda numunyadukoryo kbs.


vava 8 July 2017

Barafinda numwana mwiza rwose,gusa iyo nsoma inkuruze ndaseka nkihirika, nkwifurije guhirwa mubuzima busanzwe rwose.ntaribi ryawe.


Grace 8 July 2017

nge ndababaye kuba ataje ku rutonde rwa Bakandida kuko n’umuntu utuma turuhura ubwonko tukisekera n’umukomedi kabisa.


DUSHIMIMANA ALEXIS 8 July 2017

BARAFINDA ARASEKEJE!


DUSHIMIMANA ALEXIS 8 July 2017

BARAFINDA ARASEKEJE!


Bosco 8 July 2017

Yooo pole dis Gus a uzaatorw ndizerako azaguh umwany mwiza
Muri leta y’ Urwanda.


Bosco 8 July 2017

Yooo pole dis Gus a uzaatorw ndizerako azaguh umwany mwiza
Muri leta y’ Urwanda.


yeweyewe 8 July 2017

Barafinda jyenda uzi gutera urwenya


Fidele 8 July 2017

Ndasaba uzatorwa wese ko yakwibuka Barafinda akamushakira Umwanya, icyambere ashobora kuba ari imfura, biriya akaba yarabitewe n’ubuzima butamworoheye, kdi yaradususurukije(yaradusekeje).yatwihereye urwenya rwose!


Fidele 8 July 2017

Ndasaba uzatorwa wese ko yakwibuka Barafinda akamushakira Umwanya, icyambere ashobora kuba ari imfura, biriya akaba yarabitewe n’ubuzima butamworoheye, kdi yaradususurukije(yaradusekeje).yatwihereye urwenya rwose!


Mami 8 July 2017

Barafinda arambabaje. Kuko jye nari kuzamutora, cyane ko na Muzehe numva yari yamuteganirije umwanya mwiza. Gusa icyo nsaba abanyamakuru nuko mwazakomeza kutugezaho amakuru ya Barafinda Kuko atuma nseka.


kigali 8 July 2017

Barafinda uradufinze uratubeshyabeshye none urigendeye uragakoze comedie uturyohereje amatora


Dan 8 July 2017

Umugabo Nubundi Ni Uwemera Kd Agakosorwa Akumva


gaby 8 July 2017

hhhhhhhhhhhhh
ngo RWA BARAFINDA na BARAFINDA RWA?????????


Joel 8 July 2017

Ntawataha Kumitima Ya Batura Rwanda Turetse Uwaduhaye Umutekano Naho Undi Yaza Yatuvangira.


Munyembabazi Diogene 8 July 2017

Barafinda niyigendere kandi abaye intwari kuba yemeye ibyo NEC yanzuye.