Uwase Vanessa wambaye ikamba ry’Igisonga cya Kabiri cya Nyampinga w’u Rwanda 2015, yasabwe n’umwe mu basore mu bamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga gushyingiranwa nawe nyuma y’uko abonye ifoto yambaye ‘Bikini’.
Iyi foto yashyizwe ku rukuta nkoranyambaga rwa Instagram na Miss Vanessa, imaze iminsi itanu igezeho.Imugaragaza yambaye umwenda wo kogana uzwi nka ‘Bikini’uri mu ibara ry’umutuku.
Nyuma yo gushyiraho iyo foto yakiriye ibitekerezo uruhumbirajana by’abakunzi bashima ubwiza bwe. Bamwe bavuga ko birenze gushyira hanze ubwiza bwe, abandi bakavuga ko ashaka kwigira Umunyamerika cyane kurusha uko ari Umunyarwanda.
Mu banditse kuri iyo foto harimo n’umusore witwa @melstajoe wavuze ko uyu mukobwa ari mwiza ndetse ko yifuza gukorana ubukwe nawe. Yanditse agira ati “Uri mwiza bidasanzwe..Ndifuza gushyingiranwa nawe.”
Vanessa Raïssa Uwase, mu mwaka wa 2016 yagarutsweho mu itangazamakuru avugwaho inkuru zurudaca; yari mu rukundo rw’urujijo, yavuzweho gukundana na Safi kubera uburyo yashimagizaga uyu musore mu ruhame, nyuma byavumbuwe ko yahise afata Olivis gusa abanza kubihakanira kure.
Bigitangira, Miss Uwase Vanessa yatangaje ko ibye na Olvis atari urukundo. Ngo bari babanye nk’umwe mu nshuti ze za hafi yumva yisanzuraho kurusha abandi, gusa yavuze ko “bigannye iyo nzira [yo gukundana] ntacyo byaba bitwaye”.
Mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2015, Uwase Vanessa aza ku isonga mu bavuzwe cyane. Byakuruwe ahanini n’inkuru z’urukundo yagiye avugwamo cyo kimwe n’indi mishinga yateguraga nk’ibiganiro byo kuri Televiziyo yafatanyaga na Miss Sandra Teta, inshuti ye magara bahuriye ku kuba barakundanaga n’abasore baririmbana muri Active.
101zaruzuye none yarasaze
Andika Igitekerezo Hano ahee! ikise nigiki kitagira umuco kirangiza isura yurwanda iyo ninzererezi hari abana beza kandi batuje mungo
amabyi yo mukibuno maraya indaya