Print

Umupasiteri yakatiwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya abana babili b’abakobwa batoya basengeraga mu rusengero rwe

Yanditwe na: Martin Munezero 14 July 2017 Yasuwe: 1832

Pasiteri w’imyaka 56 w’umunyanijeriya witwa Reuben Chizor wo mu itorero Hope Restoration Ministries congregation wabaga muri Amerika yakatiwe igifungo cy’imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo guhohotera no guasambanya abana 2 b’abakobwa basengeraga mu rusengero rwe.

Newyork dailynews dukesha iyi nkuru itangaza ko umutangabuhamya yavuze ko tariki 27 mu kwezi kwa 7 2011 uyu mu pasiteri yajyanye iwe umwana w’imyaka 14 aramusambanya.

Uru ni urusengero rwe ni naho yabaga

Tariki 22 mu kwezi kwa 8 umwaka wa 2011 nabwo ngo yajyanye undi mwana w’umukobwa w’imyaka 12 ku rusengero aho yabaga nawe aramusambanya nubwo begerageje kubafatira mu cyuho ariko ntibishoboke.


Comments

Israel 14 July 2017

Uwo ni umukozi wa satani wihishe mu kitwa ubushumba!