Umutare Gaby, umuhanzi w’ Umunyarwanda wamenyekanye mu ndirimbo nka “Ntunkangure”, “Mesa kamwe”, “Urangora” nizindi, uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko yasezeranye kubana akarama n’umukobwa uba muri Australia.
Mu birori byabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2017, Umutare Gabby yasezeranye kubana akaramata na Joyce Nzere bamaze igihe bakundana maze bemeranya kuba mu bibi no mubyiza. Ni mu muhango wo gusaba no gukwa wabereye mu mujyi wa Kigali, i Kibagabaga ahazwi nko kuri The Venue.
Joyce Nzere wasezeranye na Umutare Gabby, ubusanzwe uyu mukobwa ni umunyarwandakazi aba muri Australia, akaba yakundaga kugenda mu Rwanda aje kureba uyu musore, biteganyijwe ko aba bombi nyuma y’ubukwe bazajya gutura muri Australia.
REBA AMAFOTO Y’UBUKWE BWABO ATANDUKANYE:
kbs muzibyarire hungu nakobwa