Umuhanzikazi Nyarwanda ariko ubarizwa muri Amerika aho amaze imyaka myinshi yiga ,Umuratwa Priscillah wamenyekanye cyane mu Rwanda cyane kubera indirimbo nyinshi yagiye akora zigakundwa na benshi, mu minsi ishize nibwo yashyize hanze ku mbuga nkoranyambaga ifoto ye maze abantu bakomeza gutangarira ubwiza bwe budasanzwe ,harimo n’abavuze ko bwiyongereye kuva ubwo agiriye muri leta zunze ubumwe za Amerika.
Iyi niyo foto Priscillah yashyize hanze ikavugisha benshi
Priscillah akimara gushyira hanze iyi foto ,abafana be bari hirya no hino bagize ibyo bayivugaho aho abenshi bagarukaga ku bwiza bw’uyu muhanzikazi ,yewe hari n’abagaragaje amarangamutima adasanzwe batewe n’iminwa ye bigera naho bamubwira ko ibatera kwiyumva ukundi kuntu kudasanzwe.
Bimwe mu byatangajwe n’abafana ba Priscillah
oya sukumurata gusa umukobwa nimwiza n’imana yamuremye irabizi but icyo agomba gukora nukumenya kurinda ubwiza bwe ntibuzapf’ubusa. kubera abakobwa beza kenshi bubapfir’ubusa