Barafinda Sekikubo Fred, umwe mu bashatse kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, yasabye umukandida yatoye kuzakuraho imisoro ku mazu, imisoro ku butaka no kubacuruzi.
Barafinda yatoreye kuri site ya King David i Kanombe mu Mujyi wa Kigali.
Uyu mugabo yavuze ko azakomeza gukora Politiki kugeza ageze ku butegetsi.Abajijwe niba azatanga kandidatire mu matora y’abadepite ateganyijwe muri 2018 yavuze ko yaje yabyiyemeje bityo atazasubira inyuma.
Uyu mugabo wari uherekejwe n’umugore we yavuze ko umukandida atoye amwifuzaho kuzakuraho imisoro ku mazu yo guturamo; gukuraho imisoro ku bacuruizi bafite igishoro kitarenze miliyoni 6 no gukuraho imisoro kubutaka.
Ku biro by’ itora bya King David Aho Barafinda n’ umugore we batoreye saa tatu hari imirongo miremire y’ abaturage benshi bitabiriye itora, bitandukanye na Kimironko 2 Aho Dr Frank Habineza n’ umugore Judith batoreye. Kuri site ya Kimironko 2 umuturage yahageraga ahita atora agasubira mu mirimo ye bitamusabye gutegereza.
Uwo yatoye se ni we amatora yemeje ko yatsinze? Ibye wa mugani ni ubufindo
ese Franck yatoreye ku masite 2igitagaza makuru lkimwe cyavuzeko yatoreye muri Rukiri(Remera sector) kd yari kimironko 2._ukuri. nukuhe?
zampamvuze ntazisiga inyuma
Dihe Audio rero
Za mpamvu ze deux cent aba yazitwaje umusaza!
azakureho imisoro kubutaka azaba akoze cyane .kuko birabangamye ugura ubutaka numuntu ugasanga afite amamiliyoni atarishyura bityo bikadidiza kubona ibyangombwa byaburundu byubutaka.
Uyu madame BARAFINDA yavuze ibyo benshi bifuza pe