Ku kigamunsi cyo kuri uyu wa Kane abakuru b’ ibihugu batandukanye bakiriwe ku kibuga cy’ indege I Kanombe; bategereje kwitabira ibirori byo kurahira kwa mugenzi wabo Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame. Ibyo birori biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kanama 2017.
Perezida wa Zambia Edgar Lungu yakiriwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ inama y’ abaminisitiri Stella Ford Mugabo
Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye umuhango w’ irahira rya Perezida Kagame
Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou asuhuza abaje kumwakira. Yakiriwe na Minisitiri w’ umutungo KamereVincent Biruta
Perezida wa Djibouti Ismael Guelleh yakiriwe na Minisitiri w’ ubucuruzi inganda n’ umuryango w’ Afurika y’ iburasirazuba Francois Kanimba
Perezida wa Senegal Macky Sally nawe yitabiriye irahira rya mugenzi we w’ u Rwanda