Print

Umusore ku isabukuru y’imyaka 25 y’amavuko mama we yamukoreye agashya atazibagirwa mu buzima bwe bwose(AMAFOTO)

Yanditwe na: Martin Munezero 21 August 2017 Yasuwe: 6739

Umubyeyi ku isabukuru y’umuhungu we mukuru w’imyaka 25 y’amavuko yahisemo kumugaburira no kumwoza yicaye mu kabase bogerezamo abana bato nk’uko yamwozaga akiri umwana muto.

Uyu mubyeyi yabikoze mu rwego rwo kugaragaza ko kwishimira isabukuru y’umwana atari uguteka cyangwa kugura ibintu bihenze ahubwo niyo waba ukennye ushobora kuyizihiza kandi uwo uyikoreye akishima cyane.

Ndetse yakomeje agaragaza ko nyina buri gihe aba ari umubyeyi,niyo wagira imyaka myinshi umubyeyi aba akigufata nk’umwana kuko aba akuzi ariwe wakwibarutse.

Aya akaba ari amafoto akomeje gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga,aho bivugwa ko aba bombi ari abo mu gihugu cya Senegal.