Print

The Ben yise izina ingagi, Bruce Melodie na Jay Polly baratarama-AMAFOTO

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 1 September 2017 Yasuwe: 2098

Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben yahisemo kwita umwana w’ingagi ‘Uruyange’ yavuze ko ari izina amaze iminsi atekerezaho bishimangirwa n’inzira abahanzi bahisemo yo gukundisha abanyamahanga u Rwanda.

Umuhanzi The Ben usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America yise umwana w’ingagi URUYANGE

Muri uyu muhango witabiriwe n’abanyamahanga batandukanye, basusurikijwe na Bruce Melodie ndetse na Jay Polly mbere y’uko Umukuru w’Igihugu agera mu Kinigi ahabereye uyu muhango wo kwita amazina abana b’ingagi.

Ni ku nshuro ya 13 mu Kinigi mu karere ka Musanze harabera umuhango wo kwita amazina ingagi 19, zirimo abana b’ingagi 14, Ingagi 4 z’ ingore n’umuryango umwe mushya.

Jay Polly yasusurikije abitabiriye uyu muhango mu ndirimboze zigezweho.

Bruce Melody yinjiriye mu ndirimbo Too much afatanije na Jay Polly anagumaho abaririmbira indirimbo ze zikunzwe nka Ndimukinya.

AMAZINA YAHAWE INGAGI:

Dr Tara Stoinski uyoboye itsinda rya mbere ry’abagiye kwita amazina aravuga uruhare rwa Dian Fosey ayobora mu kurengera ingagi.

Dr. Tara Stoinski uyobora umuryango ukora ubushakashatsi ndetse ukarengera ingagi “Dian Fossey / Karisoke Research Centre” yise umwana w’ingagi MACIBIRI

Hon. Laurent Lamothe wahoze ari Minisitiri w’intebe wa Haiti wise umwana w’ingagi IKORANABUHANGA

Dr. Eberhard Fischer uyobora ishami ryiga ku binyabuzima (Botany & Biodiversity) muri “University of Koblenz – Landau Germany” wise ingagi ISUKU

Umukinnyi wa Filime Patience Ozokwor uzwi nka “Mama G” muri Nigeria yise umwana w’ingagi INKESHA

Umumurikamideri Veronika Vařeková uzwi cyane muri Czech Republic yise umwana w’ingagi UBWIZA

Dr Olivier Nsengimana ufite umuryango witwa “Rwanda Wildlife Conservation Socieity” yise INYANGE

Joe MacDonald ukomoka muri Leta Zunze ubumwe za America wasuye ingagi zo mu birunga by’u Rwanda inshuro zirenga 100 yise umwana w’ingagi INKINGI

Thomas Schaefer uyobora ishami ry’uruganda rukora imodoka Volkswagen Group ryo muri South Africa yise ingagi NSANGANIRA

Andrew Muir uyobora umuryango “Wilderness Foundation Africa” wo muri South Africa yise ingagi UBUDASA

Dr.Nyinawamwiza Laetitia umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’ubuhinzi, ubworozi n’ubuvuzi bw’amatungo (College of Agriculture, Animal Science & Veterinary Medicine –CAVM) yise ingagi IRIBA

Jean Kayihura uturiye Parike ya Gishwa yise umwana w’ingagi MUDAHINYUKA

Greg Bakunzi umuyobozi w’ikigo “Amahoro Tours and Red Rocks” yise ingagi TEMBERURWANDA

Winnie Kiiru uzwiho kurinda inzovu muri Kenya yise umwana w’ingagi ARAKAZA

Umusitari Chloe Bello ukina Filime ndetse akanamurika imideri mu Bufaransa yise umwana w’ingagi IYAMARERE

Gisa Gakwisi umwana wakoze imbata ijya kumera nka “Kigali Convention Center” mu ibumba yise umwana w’ingagi URUNGANO

Justin Stevens umuyobozi mukuru wa “One and Only (Nyungwe House)” ukomoka muri Canada yise ingagi IMIRASIRE

Graham Ledger uyobora SingitaGrumeti Reserves mu Rwanda yise ingagi UMUHOZA

Umuhanzi The Ben usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America yise umwana w’ingagi URUYANGE

Umuherwe w’umunyamerika Howard Buffett yise umwana w’ingagi UMUTWARE

Photos:Igihe