Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Nzeri uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yongeye gutungura benshi mu Karere ka Rubavu mu mazi y’i Kivu atwaye ‘Jet Ski’.
Ni nyuma y’uko ku wa kane tariki ya 08 Nzeri uyu mwaka nabwo yagaragaye anyonga igare mu mihanda ya Rubavu abaturage bagashika.
Umukuru w’Igihugu ari mu Karere ka Rubavu ahari gufatirwa amashusho y’ikiganiro The Royal Tour gitunganywa na Peter Greenberg, Umunyamakuru wamenyekanye kubera gukora inkuru zishamikiye ku gucukumbura imibereho y’abantu bakomeye binyuze mu bukerarugendo.
Abaturage bakimara kubona ko ari Perezida Kagame urimo kunyoga igare mu muhanda Nyamyumba - Gisenyi werekeza kuri Brasserie begereye umuhanda ari benshi arahagarara arabasuhuza bamugaragariza urugwiro n’ ibyishimo.
REBA AMAFOTO:
Ndatunguwe cyane ubuse bibaho