Print

Umukinnyi w’Umubiligi yitabye Imana

Yanditwe na: 4 November 2017 Yasuwe: 852

Umubiligi w’imyaka 17 witwa Joel Lobanzo wakiniraga ikipe ya Royal Antwerp yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi ,yitabye Imana azize indwara y’umutima ubwo yari mu myitozo na bagenzi be.

Uyu musore yafashwe n’umutima ubwo yakoranaga imyitozo na bagenzi bakinana mu ikipe y’abatarengeje imyaka 19,mu ijoro ryo ku wa Kabiri aho yahise yoherezwa mu bitaro bya Antwerp University Hospital aho yaguye ku munsi w’ejo.

Ikipe ya Royal Antwerp yanyuzemo abakinnyi benshi bka Nirisarike Salomon w’umunyarwanda ndetse kubera ubufatanye iyi kipe ifiteanye na Manchester United,yazamukiyemo abakinnyi bayo bakomeye nka John O’Shea na Jonny Evans.