Print

Umugabo ubyaye 6 yafashwe asambanya imbwa

Yanditwe na: 10 November 2017 Yasuwe: 2647

Umugabo w’umunyafurika y’Epfo witwa Fanroi Mochachi w’imyaka 45 ufite abana 6 yafashwe n’umwana w’imyaka 10 asambanya imbwa y’umuturanyi ku ngufu.

Uyu mugabo yafashwe n’uyu mwana muto nyuma y’aho yumvise urusaku rw’iyi mbwa aho yahise aza gutabara agasanga uyu mugabo ayimereye nabi aho yahise ashyikirizwa ubutabera.

Nyuma yo kujyanwa mu butabera,umucamanza Syta Prinsloo yababajwe n’igikorwa kigayitse cy’uyu mugabo ufite umugore n’abana 6 ariko wagiye gusambanya imbwa ibintu yise ibya kinyamaswa.

Yagize ati “ikibabaje kurushaho ni uko ufite umugore n’abana batandatu wagakwiye guha urugero rwiza.ubu se uraza kubwira iki umugore wawe mwasezeranye.”

Uyu mucamanza yavuze ko abantu bameze nka Mochachi bafite imico mibi yo gufata ku ngufu amatungo bagomba guhagarikwa ndetse amubwira ko niyongera gufatirwa mu makosa azakatira igifungo cy’imyaka 6.


Comments

Mazina 10 November 2017

Ntabwo bitangaje kuko abantu bakunda sex cyane.None se bitaniye he nuko abagabo baryamana n’abandi bagabo?Dukurikije BIBLE,ibi nabyo ni icyaha.Ijambo ry’ikigereki Bible ikoresha mu busambanyi,ni PORNEIA.Bisobanura gukoresha sex yawe,iyundi muntu,cyangwa iy’inyamaswa,etc..Bipfa kuba utayikoresha k’umugore cyangwa umugabo w’isezerano .Hakubiyemo:Ubusambanyi busanzwe,ubutinganyi,kubikora ku nyamaswa,caresses kuli sex y’undi muntu,etc...Aba bose,ntabwo bazaba mu bwami bw’imana.Kimwe n’abicanyi,abajura,etc...(1 Abakorinto 6:9,10).