Print

Obama yavuze ko ikoresha nabi ry’imbuga nkoranyambaga riteye impungenge

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 27 December 2017 Yasuwe: 236

Barack Obama wahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatanze impuruza ku ikoresha ry’imbuga nkoranyambaga ku buryo butaboneye.

Ibi Bwana Obama yabivuze mu kiganiro kidasanzwe yakoze kuva yava ku butegetsi mu kwezi kwa Mbere. Yavuze ko ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga ku buryo butanoze bibiba urujijo mu myumvire y’abantu ku bibazo bikomeye ndetse no kubiba amakuru y’ibinyoma.

Uwamusimbuye Donald Trump akoresha urubuga rwa Twitter cyane, ariko Bwana Obama ntiyamuvuze mu izina.

Bwana Obama yahawe ikiganiro n’igikomangoma cy’Ubwongereza Harry mu kiganiro cya BBC Radio 4.

Igikomangoma Hary kiri ku rutonde rwa gatanu mu kwima ingoma, ni umwe mu bantu bakomeye bari gutunganya ikinganiro kuri BBC muri ibi bihe bya Noheli.

Obama yavuze ko abari mu myanya y’ubutegetsi bagombye kwigengesera igihe bashyira ubutumwa kuri interineti, avuga ko ubutumwa nkoranyambaga buri guhindura uburyo abantu baganira.

Yavuze ko ahangayikishjwe n’ejo hazaza, aho amakuru ashingiye ku bimenyetso nta gaciro ahabwa, ahubwo abantu bakiyumvira cyangwa bakisomera ibyo bumva bishyigikira imyemerere yabo.

BBC