Print

Umukinnyi w’umukongomani yapfiriye mu myitozo

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 11 January 2018 Yasuwe: 687

Myugariro Ntaku Zibakaka ukomoka muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo wakinaga mu ikipe ya Sagrada Esperança yo muri Angola yishwe n’uburwayi ubwo yari kumwe na bagenzi be bari mu myitozo.

Uyu musore w’imyaka 23 yafashwe n’uburwayi ahita ajyanwa kwa muganga gusa yaje gupfa ataragerayo.

Mu itangazo ikipe ya Sagrada Esperanca yashyize hanze,yavuze ko yababajwe n’urupfu rutunguranye rw’uyu mukinnyi wabo ndetse bihanganishije umuryango we ndetse n’abafana kubera ibyabaye.

Zibakaka amaze imyaka 3 muri iyi kipe iheruka gutwara igikombe cya shampiyona ya Angola mu mwaka wa 2005.