Print

Cristiano yasohotse mu kibuga amaraso yuzuye mu isura, akoresha Telefone yireba-AMAFOTO

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 22 January 2018 Yasuwe: 3123

Umukinyi rurangiranwa wa Real Mdrid Christiano Ronaldo yakomeretse mu isura nyuma yo gukubitwa urukweto ubwo yatsindaga igitego cya 6 cyari icya 2 cye ku munota wa 84.

Ariko si ibitego 2 yinjije byatumye avugwa cyane mu bitangazamakuru kubera intsinzi babonye y’ibitego 7kuri 1 cya Deportivo La coruna.

Ariko yavuye mu kibuga amaze gukomereka, yatse terefoni umuganga umukurikirana kugirango yirebe mu maso akoresheje ikirori cy’iyo telefone.

Uyu mukinnyi ngo yari atewe impungenge no kwangirika kw’isura ye, bumwe mu butunzi bukomeye afite dore ko imwinjiriza akayabo mu bikorwa bitandukanye byo kwamamaza.

Nyuma y’umukino umutoza we Zinedine Zidane yabwiye itangazamakuru ko atari ikibazo gikomeye Cristiano Ronaldo yagize.