Print

Meddy yateguje abakunzi be igitaramo agiye gukorera I Kentucky muri USA

Yanditwe na: Iyamuremye Janvier 5 February 2018 Yasuwe: 366

Ngabo Médard Jobert umuhanzi Nyarwarwanda wamamaye ku izina rya Meddy mu ijwi ry’ubuhanga atangiye umwaka wa 2018 ataramira abanyarwanda baba mu muhanga.Ni nyuma yo gushyira hanze bimwe mu bihangano bikomeye byakunzwe na benshi kugeza n’ubu.

Uyu muririmbyi yigaruriye imbaga y’Abanyarwanda adasize n’abanyamahanga kuva yatangira umuziki amazemo imyaka isaga 10 yaje gukomeza kwerekwa urukundo ari no ku mugabane w’Amerika aho akurikirana amasomo akanakora muzika nk’umwuga.

Agafoto ka Weekend

Kuri ubu, Meddy yamaze gutangaza ko azatamana n’inshuti ze mu mpera z’ukwezi gutaha ku wa 31 Werurwe 2018.Abinyujije kuri instagram mu cyumweru gishize yateguje abakunzi be bari muri Amerika mu gace kitwa Kentucky ko agiye kubataramira.

Icyo gihe yavugaga ko atazi neza itariki ariko kuri ubu yanditse avuga yumvikanye n’abategura iki gitaramo ko kizaba ku wa 31 Werurwe 2018 i Kentucky imwe muri Leta zigize Amerika.Ni muri Amerika yo hagati ugana mu majyepfo.

Meddy agiye gukora igitaramo

Azataramira abakunzi be b’abanyarwanda n’abanyamerika.Kwinjira ni amadorali mirongo 30($30).Igitaramo kizabera ahitwa Old School Social Club.

Ubutumwa bwe

Yabanje kubateguza