Print

Abafana ba Chelsea batutse Bakayoko baramwandagaza

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 7 February 2018 Yasuwe: 1881

Umukinnyi Tiemoue Bakayoko ukina hagati mu ikipe ya Chelsea FC,ntamerewe neza n’abafana nyuma yo guhabwa ikarita itukura yatumye iyi kipe inyagirwa ibitego 4-1 na Wtford ku wa mbere w’iki cyumweru.

Uyu mufaransa utaragira icyo amarira Chelsea kuva yayigeramo avuye muri Monaco mu mpeshyi,yahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo ubwo uyu mukino wari ugeze ku munota wa 30 maze benshi mu bafana ba Chelsea bamutuka ibitutsi bibi cyane ubwo yasohokaga mu kibuga.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Dailymail aravuga ko bamwe mu bafana bari muri stade bamwise umwanda ndetse abandi bamutukira ku mbuga nkoranyambaga zabo.

Kuva Bakayoko yagera muri Chelsea ntarakora ku mitima y’abafana ba Chelsea kuko yaje asimbura Nemanja Matic wari umaze gufasha iyi kipe gutwara igikombe cya shampiyona y’umwaka w’imikino ushize.