Print

Diamond gutereta abagore bamurusha imyaka yabitangiye yiga muri Secondaire

Yanditwe na: Muhire Jason 3 March 2018 Yasuwe: 3875

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma wamenyekanye nka Diamond hamaze kujya hanze ibimenyetso bifatika bigaragaza ko gutereta abagore bamurusha imyaka byatangiye cyera ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye .

Nkuko tubikesha ikinyamakuru cya Tuko gikorera mu gihugu cya Tanzania aho umutwe w’ inkuru yabo wavugaga ati ”Urukundo rwa Diamond n’ abagore bamuruta byatangiye akiri muto mu mashuri yisumbuye “

Mu nkuru bakomeje bavuga ukuntu Diamond yakundanye n’ umuherwekazi Zari umurusha imyaka 6 kuri ubu umaze gutandukana n’ abagabo 5 aho afite abana 5 barimo 2 yabyaranye na Diamond .

Mu bushakashatsi byagiye bukorwa niki kinyamakuru cyanditse iyi nkuru bagiye bavuga ko ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye atakundaga kugirana umubano n’ abakobwa arusha imyaka kuko akenshi wasangaga yikundira abakobwa bakuru ,Magingo aya bikaba byaramwokamye gukundana n’ abagore bamurusha imyaka .

Nyuma baje gushyira hanze ifoto igaragaza Diamond ari kumwe n’ umukobwa ubyibushye bigaragara ko bafatanye agafoto bishimwe bari ku ishuri mu kigo kitabashije kumenyekana izina neza .

Ubusanzwe Diamond afite Imyaka 28 , akaba yarakundanye n’ abagore bamurusha imyaka barimo Zari The Boss Lady ,Wema Sepetu .