Uwahoze ari umushinjacyaha, Alain Mukuralinda, yamuritse igitabo kirimo ibimenyetso avuga ko bisubiza abakunze kuvuga ko habayeho guhimba ibimenyetso ku ruhande rw’u Rwanda mu rubanza rwa Ingabire Victoire, ubu ufungiye ibyaha birimo kurema umutwe witwaje intwaro.
Kuwa 13 Ukuboza 2013 nibwo Urukiko rw’Ikirenga rwakatiye Ingabire gufungwa imyaka 15 nyuma yo kumuhamya ibyaha byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.