Print

Jennifer Lopez yatangaje ko umuyobozi we yamusabye ruswa y’igitsina

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 17 March 2018 Yasuwe: 2806

Umuhanzi Jennifer Lopez ukomoka muri Usa yatangaje ko ubwo yatangiraga umwuga wo gukina filimi umuyobozi we yamusabye gukuramo imyenda ubwo yamusangaga mu biro bye kugira ngo baganire kuri filimi biashakaga gushyira hanze.

Lopez yemeje ko umuyobozi we yamusabye gukuramo imyenda

Ibi Lopez yabitangarije ikinyamakuru Harper’s Bazaar ubwo bamubazaga niba yarigeze asabwa kuryamana n’umukoresha we kugira ngo abone akazi.

Yagize ati “Ntabwo nigeze mpura n’ihohoterwa nkuko bamwe mu bagore bigenda,gusa umukoresha wanjye yansabye gukuramo imyenda kugira ngo mwereke amabere yanjye ndabyanga.

Jennifer yabwiye iki kinyamakuru ko byamugoye gufata umwanzuro ndetse yamaze umwanya abitekerezaho kugira ngo abone gufata umwanzuro wo kumuhakanira.

Jennifer Lopez yatangiye gukina filimi mu mwaka wa 1986 ubwo yari afite imyaka 16 aho yatangiriiye kuri My Little Girl,akina mu yindi yitwa Selena, Anaconda na Out Of Sight.