Print

Diamond na Hamisa Mabetto bagaragaye baryamanye mu buriri bahuje urugwiro[AMAFOTO]

Yanditwe na: Muhire Jason 16 April 2018 Yasuwe: 7811

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 16 mata ku mbuga zitandukanye za interinet hakwirakwijwe amashusho agaragaza Umuhanzi Diamond ndetse na Hamisa Mabetto babyaranye umwana barimo kwishimana mu buriri bigaragara ko bari bahuje urugwiro.

Ibi bije nyuma yaho Diamond ndetse na Hamisa batunguwe bombi ku rubyiniro mu itangangwa ry’ibihembo by’abakinnyi bitwaye neza mu gukina filime mu bihembo byiswe Cinema Zetu ibirori byabereye mu gihugu cya Tanzania aho aba bombi basabwe kuza ku rubyiniro guhereza umukinnyi wa filime igikombe bikarangira bahoberanye ubona ko bari bakumburanye .

Aya mashusho yashyize hanze agaragaza Hamisa aryamye ku gitandana mu gihe Diamond yararimo guseka afata n’amashusho yambaye igituza yicaye hejuru ya Hamisa Mabetto gusa bikagaragara ko uyu mugore bari byaryamanye atashatse kujya muri camera cyane kuko yageragezaga guhisha amaso gusa ntibimukundire.

Umubano wa Hamisa Mabetto ndetse na Diamond wamenyekanye bwa mbere ubwo yamushyiraga mu mashusho y’indirimbo yise Salome aho nyuma byaje kuvugwa ko yamuteye inda bakabihakana gusa nyuma y’amezi macye ndetse nyuma bikavugwa ntandezo amuha ,akamujyana mu nkiko bikarangira urukiko rubasabye ko basubira mu rugo bakiyunga byakwanga bakagaruka mu rukiko ,gusa magingo aya bgaragara ko bamaze guhuza urugwiro ndetse ko ibibazo bibavugwaho babishakiye umuti .


Comments

Jojo 16 April 2018

Sha disi si Mabetto, mushake iyo video irahari muyirebe neza nti mukajye mu twifotoreza.


Sowhat 16 April 2018

Abafite inkwi barya ibihiye kbs