Uyu mukobwa yatangaje ko yatandukanye n’umuhungu bari mu kigero kimwe yikundira uyu musaza bahuriye ku mbuga nkoranyambaga ndetse urukundo rwabo ruryoshye nyuma y’imyaka 2 bamaze babana.
Avalon Garvey wari ufite imyaka 17 ubwo yahuraga na Doug Traser w’imyaka 44 uruta papa we bahujwe n’imbuga nkoranyambaga,yavuze ko bapanze guhura ndetse bahita basezerana kubana nyuma yo kurarana mu buriri.
Garvey yavuze ko uyu mugabo yamubwiye buri kimwe cyerekeye ubuzima bwe ndetse n’impamvu yatandukanye n’abagore be babiri.
Garvey washakanye n’umugabo w’imyaka 44 watandukanye n’abagore babiri
Kugeza kuri ubu, aba bombi babana muri USA ndetse uyu mugore yatangaje ko yishimiye kubana n’uyu mugabo we.
Akungo gakuze karyoshya imboga, abasaza nabo baryoshya urukundo cyane maze n’i Rwanda inkumi zemera abakuze ni ya amajyambere batubwira.