Amakuru agera ku umuryango ni uko uyu mukinnyi yamaze kumvikana na Beveren ndetse iyi kipe iri mu biganiro bya nyuma na APR FC ku buryo nta gihindutse arasinya amasezerano y’imyaka 3 bitarenze iminsi 2.
Djihad yitwaye neza muri CHAN bituma Beveren imurambagiza
Djihad yakoze ku mutima abashinzwe gushakira iyi kipe abakinnyi ubwo yari mu mikino ya CHAN u Rwanda rwaviriyemo mu matsinda ariko Djihad ku giti cye yigaragaje gitore.
Bizimana Djihad ari mu bakinnyi bitwaye neza muri uyu mwaka w’imikino, kuko yatsinze ibitego 4 mu mikino ibanza ya shampiyona, ndetse atsinda ibitego 4 mu mikino ya CAF Confederations Cup.
Yari umukinnyi ngenderwaho muri APR FC
Djihad yari amaze imyaka 3 muri APR FC, yagezemo avuye muri Rayon Sports yakiniye imyaka 2, nayo yajemo avuye muri Etincelles FC yamureze.