Print

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yafunguye ku mugaragararo inzu yitezweho gufasha Leta kugera ku ntego yo kugabanya ubushomeri

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 26 April 2018 Yasuwe: 2562

Yagize ati “Inyubako n’ ibikoresho bigezweho bizafasha mu guhungura abarimu b’ amasomo y’ ubumenyi ngiro TVET Trainer Institute (RTTI) biri muri IPRC - Kigali byafunguye muri iki gitondo bizagira uruhare mu gutanga ubumenyi bukenewe mu rubyiruko ngo u Rwanda rugere ku ntego yo kuba igihugu gifite ubukungu bushingiye ku bumenyi.”
Iyi nyubako yuzuye itwaye miliyoni 6 z’amadolari ya Amerika ku nkunga y’umuryango w’abanyakoreya KOICA watanzemo miliyoni 5.3 z’amadolari ya Amerika.

Minisitiri w’ Intebe Dr Edouard Ngirente mu izina rya guverinoma y’ u Rwanda yashimiye igihugu cya Korea ku bw’ ubufatanye by’ umwihariko uruhare KOICA igira mu burezi.

Mu rwego rwo kugabanya ubushomeri Leta y’ u Rwanda irimo guteza imbere amasomo y’ ubumenyi ngiro kuko ariyo abafasha abarangiza amashuri kwihangira imirimo.





Comments

MADUGURI 27 April 2018

Ngo ubushomeri ?yewee!